Hashize imyaka itari mike muri Africa hari igitekerezo cyo kwishyira hamwe nk’ibihugu kugira habeho igihugu kimwe kinini, gifite ubushobozi cyabasha kuzamura ubukungu bwacyo bityo hakabaho iterambere ry’abaturage muri rusange.
Iyi politiki yo kwihuza no kwishyira hamwe abakuru b’ibihugu n’impuguke mu nzego zitandukanye muri Africa bagiye bagaragaza ubushake bwa politiki bwo kwishyira hamwe ariko ntibumvikana ku buryo byakorwamo kuko habayeho nko kutumvikana ku nzira imwe byakorwamo.
Bamwe bumvaga iyo gahunda yakorwa mu buryo bwa vuba bwihuse, ari nacyo gice uwari Perezida Libiya Gadhaffi n’abandi bake bari bashyigikiye n’ikindi gice cyifuzaga ko byagenda gahoro bigategurwa neza hakabanza kwigwa uko inzego zimwe zaba arizo zabanza guhuzwa.
Igice cya kabiri ni nacyo u Rwanda rurimo kuko cyumva ibihugu bidakwiriye guhubukira iyo gahunda ikomeye bityo hatekerezwa ko habanza guhuza ibihugu hashingiwe Ku Miryango y’Ubukungu y’uturere ( Regional Economic Communities), iyi Miryango nyuma yo kwihuza ikaba ariyo yazihuza nyuma ikabona kubyara Leta Zunze Ubumwe za Africa.
Kubera ko iki gice cya kabiri aricyo kigizwe n’ibihugu byinshi niyo yashyigikiwe n’Umuryango wa Africa Yunze Ubumwe. Ubu umuntu akaba yakwibaza aho iyo gahunda igeze! Biracyagenda biguru ntege nubwo hari ibyakozwe biganisha kuri iyo ntego ndetse ukabona ko ntacyo bizatanga kubera impamvu nza gusobanura nyuma.
Mpereye kubyagezweho nuko hashinzwe Imiryango y’uterere igera kuri irindwi ubu yemejwe na African Union. Iyo ni: UMA, ECCOWAS, ECCCAS, IGAD, SADC, SEN-SAD na EAC u Rwanda rurimo. Iyi Miryango hari intambwe zigomba gukurikizwa kugira ngo igere ku ntego ikenewe kugira ngo nyuma izabashe gushyirwa hamwe mu gushinga Leta Zunze Ubumwe za Africa.
Intambwe zigera kuri eshanu cyangwa esheshatu nizo ziba zikenewe kugira ibe yuzuye koko ariko iya nyuma ariyo kwihuza mu bya politiki ( political federation) niyo ikiri ingorabahizi mu Miryango yose y uturere bityo ikadindira kimwe niyo gahunda yo kwishyira hamwe kwa Africa.
Izindi ntambwe zikenerwa usibye iyo ya politiki, ni uguhuza ibyerekeye ubucuruzi, isoko rusange, ubukungu, ifaranga rimwe na politiki. Imiryango myinshi muyo navuze hejuru yamaze kugera kugukoresha ifaranga rimwe ariko icyananiranye ni uguhuza urwego politiki.
Hari impamvu itera kutabasha kugera kukwihuza mu bya politiki
Ibi byumvikane neza ko ibihugu biriho ubu nta na kimwe cyakwifuza gutakaza ubusugire bwacyo, ukaba uri Perezida nkuko tubazi ubu ukumva watakaza umwanya ufite ugasigara utegeka igihugu cyawe nka guverineri ugategekwa n’undi mukuru w’igihugu, byumvikane ko bitoroshye kubyemera! ikindi cyibazwa ni ukubasha guhuza inzego z’icyo gihugu kimwe cy’akarere nk’ibijyanye n’umuco, igisirikari n’izindi nzego.
Mubushakashatsi bukorwa kuriyo gahunda bigaragara ko izo arizo mbogamizi z’ingenzi ariko zikiyongera kuyindi imwe nayo ikomeye, ariyo usanga igihugu kimwe kibarirwa mu miryango irenze umwe icyarimwe kandi yose ifite intego imwe, hari uwabyise ngo biba byivanze bimeze nka spaghetti ihiye!
Kugera ku ntego yo gushinga Leta Zunze Ubumwe za Africa bikiri kure nk’ukwezi
Ibi ushatse wabirebera ku rwego rwisumbuye kuko muri uko gushidikanya kurekura ubutegetsi cyangwa ubusugire bw’ibihugu cyawe hagamijwe kugundira no kuguma ku butegetsi usanga ahenshi habaho ihindagurika rya hato na hato ry’itegeko nshinga. Ibi byabaye henshi kuri uyu mugabane!
Kwishyira hamwe muri ubu buryo ntibyoroshye kuko mwabonye ko n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Iburaya byabananiye, nubwo hari byinshi bagezeho ariko mukurikirana intambara y’Ubwongereza ishaka kubishingukamo.
Ngarutse kuri Africa, ubona mu byukuri kugeza ubu African Union ntacyo imariye haba imiryango y’uterere navuzeho haba n’abaturage baturiye umugabane, cyakoze haricyo AU yakwishimira muri iyi myaka ya nyuma kuba intambara zaragabanutse no kurengerana ku butegetsi mu gukumira ihirikwa ry’ubutegetsi ( coup d’ etat)!
Imiryango y’uturere yose yashoboraga gukumira ifatwa ry’ubutegetsi bidaciye mu matora nk’uko ECCOWAS yabigenje mu matora aheruka muri Gambia ubwo Perezida waho yari yibye amajwi umukandida wari watsinze amatora, usibye ibyo byo kurengera demokarasi umuntu yakwibaza ibibura kugira ngo no muyindi miryango y’uturere irebereho ikumire ibyo guhindura itegekonshinga no gutera imvururu mu baturage.
Ese kuki iyo miryango itabasha gukemura ibibazo bya politiki biba byavutse? nkubu uwabaza EAC kuki yananiwe gukemura ibibazo by’u Burundi? Kuki ECCAS cyangwa SADC byananiwe gukemura ibibazo bya Congo?
Izi ntege nke rero sizo umuntu yaramgirizaho ngo yemezeko Imiryango y’ubukungu y’uturere izagera ku ntego zayo, kimwe nizo gushinga Leta Zunze Ubumwe bwa Africa, ikindi byumvikane ko hirya y’amazi iyo bagira uruhare mu gutuma iyi gahunda idindira kuko bazi ko abushyize hamwe nta kibananira. Birashoboka kandi ko Gadhaffi mubyo yazize n’ibi byarimo.
Ni ibyo gutega amaso naho ibyo kwihuza byo ntibizakunda igihe cyose hatabaye ubushake bwa politiki!
Munyakayanza Samuel
Tanga igitekerezo