Data yapfuye mfite imyaka 13, navutse ndi umuhungu umwe mu bakobwa bane. Mbere yo gupfa yajyaga akora imihango njye mfata nk’iya gipagani, yajyaga ambwira ko ari njye uzamuhamba ngo nkanahabwa amabanga menshi akomeye y’umuryango.
Ubwo yamaraga gupfa nyuma y’imyaka 2 gusa nibwo natangiye amashuli yisumbuye, nataha nje mu biruhuko data wacu akambwira ko hari amabanga ya data ngomba kuzahabwa, nkabita mu gutwi nkabihorera kuko mama yajyaga abimbwiraho.
Ubu mfite imyaka 22, data wacu yaranyegereye ambwira ko ankeneye musanga iwe, natunguwe no kumva ambwira ko ngomba kwimenyereza nkajya ncuragura mu ijoro, anyumvisha ko ari njye pfundo ry’umuryango ko nimbisuzugura tuzajya dupfa umwe ku wundi nk’inkoko zihundagara.
Aya niyo magambo yambwiye: “niyo wasenga ute, nyoko ntazasenga nkawe, bashiki bawe ntibazasenga nkawe, muzahundagara umwe ku wundi….uzafata umwanzuro wo kubaha umurage wa so nawe yahawe n’abakuru ubwo uzaba ubona mugiye gushira,….ubaha abakuru uve mu byo wirata by’amashuli”.
Mu by’ukuri bavandimwe banjye, ndugarijwe kandi mfite ubwoba nubwo bwose ngerageza nkasenga amanywa n’ijoro, kandi koko ndabizi bazatumara kuko umuryango wacu ni abagome kandi ni abapagani babi.
Mungire inama, Mana umbe hafi, ubu se koko nacuragura narize koko? Ubu se bagenzi banjye babimenye ninde wazongera kunsomya ku mazi, naba nabaye umurozi ruharwa nk’abandi bose!!
Mumfashe!
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@Bwiza.com
Isangize abandi
1 Ibitekerezo
Kuwa 26/09/22
YEZU AKUZWE MUVANDIMWE; GUCURAGURA NI UKUROGA KANDI NTURI UMUROZI. WIBYIGA KUKO NUBUNDI UNABYIZE NI HAHANDI SHITANI AHEMBA NABI. AHUBWO EGERA IMANA USENGE KANDI WIKUREMO UBWOBA. USHAKE N’ABANDI BAGUFASHE GUSA MUGUSHAKA ABANDI WITONDE KUKO HARI N’ABAKORANA NA SEKIBI. UBOHOZE UMURYANGO WAWE UWUKURE MU MABOKO YA SEKIBI KANDI NAWE WITANDUKANYE N’IKIBI. NIBINAKUGWIRIRA USHAKE PENETENSIYA BWANGU KUBURYO NTAHO SHITANI AZINJIRIRA AKUZAHO. UKOMERE
Subiza ⇾Tanga igitekerezo