• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
    Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
    Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
    U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga
    Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?

Ibitekerezo

Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?

Yanditswe na TUYIZERE JD
Yanditswe kuwa 02/05/2023 09:23

Umuryango mpuzamahanga uharanira iterambere ry’umurimo (ILO) ushamikiye ku Muryango w’Abibumbye (UN), muri Mutarama 2023 watangaje ko ku Isi hari abashomeri babarirwa muri miliyoni 208, bakaba bariyongereyeho 5.8% ugereranyije no mu mwaka wabanje, kandi kikaba ari ikibazo cyiganje cyane mu bihugu bikennye n’ibiri mu nzira y’iterambere.

Ikigo cy’u Rwanda cy’ibarurishamibare, NISR, na cyo gishingiye ku busesenguzi cyakoze ku isoko ry’umurimo mu Gushyingo 2022, kigaragaza ko ubushomeri mu Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 3.8%. Ubushomeri mu rubyiruko buri ku kigero cya 29.7%.

Ikibazo cy’ubushomeri kimaze igihe kinini cyane, ariko igihangayikishije ni uburyo kiri kwiyongera, by’umwihariko kuva icyorezo cya Covid-19 cyibasira Isi. Ibyo biraba ariko mu gihe ibihugu bigize UN byashyizeho uburyo burambye bwo guhangana na cyo, nk’uko bigaragara mu ntego 17 z’iterambere rirambye (SDGs), aho iya 8 ijyanye n’ihangwa ry’imirimo n’iterambere ry’ubukungu ibisobanura neza.

Bijyanye n’ishyirwa mu bikorwa ry’uyu muhigo cyangwa intego, u Rwanda, nk’igihugu kiri muri UN, rwashyizeho gahunda y’imyaka 7 rwise NST1, rwiyemeza guhanga imirimo miliyoni 1.5 kuva mu mwaka w’2017 kugeza mu w’2024 ariko ikibazo cy’ubushomeri gikomeje kwiyongera, umubare w’abarangiza ibyiciro bitandukanye by’amashuri uraruta uw’imirimo ihangwa.

Mu gihe bimeze bitya, umuntu yakwibaza, agashakishiriza impande n’impande ibindi byakorwa, hagamijwe kureba niba ubushomeri bwiganje by’umwihariko mu rubyiruko bwagabanyuka, aho kwiyongera nk’uko biri kugenda, na rwo rugatanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu.

Kohereza urubyiruko mu mahanga yaba amahitamo meza?

U Bushinwa ni cyo gihugu cyibarutse abantu benshi kandi gituwe cyane ku Isi. Umuryango w’Abibumbye uvuga ko umwaka w’2022 warangiye butuwe n’abantu babarirwa muri miliyari 1.426.

U Buhinde buri ku mwanya wa kabiri mu bihugu bituwe cyane ku Isi kandi bwibarutse abantu benshi. Raporo ya Migration and Development Brief yashyizwe hanze mu mwaka ushize na Banki y’Isi, igaragaza ko kuba iki gihugu n’u Bushinwa byohereza abantu benshi mu mirimo mu mahanga, bibifasha kwiyubaka.

Iyi raporo yagaragaje ko u Buhinde [uyu mwaka ushobora kuzarangira ari cyo gihugu gituwe cyane ku Isi, ku mubare wa miliyari 1.429] ari bwo bwinjije amafaranga menshi yaturutse mu babuvukiyemo bakorera mu mahanga, ku madolari ya Amerika miliyari 100 mu mwaka w’2021. U Bushinwa buri ku mwanya wa gatatu, na miliyari 51 z’amadolari. Umwanya wa kabiri uriho Mexico yinjije miliyari 60.3.

Muri iyi raporo, u Rwanda rutuwe n’abantu barenga miliyoni 13.2 nk’uko ibarura rusange rya NISR ryakozwe mu mwaka ushize ribigaragaza, rwinjije amadolari miliyoni 381 mu mwaka w’2021, aturutse mu Banyarwanda bakorera mu mahanga.

Soma iyi nkuru https://bwiza.com/?Abanyarwanda-baba-mu-mahanga-bamaze-kohereza-Frw-miliyari-469-muri-uyu-mwaka

Perezida wa Kenya, Dr William Samoei Ruto, kuri uyu wa 1 Gicurasi 2023 ubwo yari mu munsi mukuru mpuzamahanga w’umurimo, yabwiye Abanyakenya ko bagenzi babo baba mu mahanga binjirije igihugu miliyari 4.027 z’amadolari, abamenyesha ko ateganya gufasha benshi, by’umwihariko urubyiruko kubonayo imirimo by’umwihariko muri Canada, Leta zunze ubumwe za Amerika, Leta zunze ubumwe z’Abarabu na Arabia Saoudite.

Uyu Mukuru w’Igihugu yagize ati: "Chancelier w’u Budage azaba ari hano ku wa Kane kandi tuzasinya amasezerano y’umurimo azatuma Abanyakenya babona amahirwe mu mirimo miliyoni 2550 itangwa mu Budage buri mwaka. Dufite amahirwe muri Canada, USA, UAE, Saudi Arabia…tuzasinya amasezerano 10 mu mezi ari imbere kugira ngo urubyiruko rwacu ruyabone.”

Uko Ruto abibona https://bwiza.com/?Perezida-Ruto-yasezeranyije-Abanyakenya-kubashakira-imirimo-myinshi-mu-mahanga

Uko imibare ibigaragaza ndetse n’ubuhamya butangwa bigaragaza uburyo abenegihugu bakorera mu mahanga ari umutungo ukomeye w’igihugu, cyane ko bakibyarira inyungu nyinshi nk’uko bigenda mu Buhinde, mu Bushinwa n’ahandi. Byashoboka ko n’u Rwanda byaruhira mu gihe rwaba rushakiye imirimo mu mahanga urubyiruko rufite ubushobozi bwo gukora.

Izindi Nkuru Bijyanye


Minisitiri w'ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w'abarokore
Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha

Izindi wasoma

Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha

Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali

Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?

Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore

Ese koko u Rwanda ni gashozantambara mu karere k’ibiyaga bigari?

TUYIZERE JD
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

2 Ibitekerezo

IY∆M∆R£R£ Kuwa 02/05/23

Iyaba Abana b’Abanyarwanda bari bateguwe ku buryo bagira ubushobozi bwo gutsindira isoko ry’imirimo ku rwego mpuzamahanga. Kuko kugenda mu cyo nakwita igihiriri, bagerayo bagahabwa imirimo ya kazaroho gusa ugasanga babayeho amarenzamunsi na za nyungu igihugu cyari cyibitezeho ntiziboneke.

Subiza ⇾

Leo Kuwa 02/06/23

ibi byafasha igihugu cyane cyane cyane kwiyongera Kwa mafaranga yamahanga kwisoko Ryu Rwanda nkama dollars bikorohereza abayagura bigafasha na lmport na export bishyirwemo

Subiza ⇾

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal

Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu

Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman

Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
27/09/23 06:31
Kiyovu Sports: Jenerali yivunnye Juvenal
Nyuma y'u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
27/09/23 06:30
Nyuma y’u Rwanda Kenya nayo igiye kubaka uruganda rutanga ingufu za Nucléaire
Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
27/09/23 06:00
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
27/09/23 06:00
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
imikino

Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

Jadon Sancho yirukanwe mu bigo byose by’ikipe ya mbere muri Manchester United, harimo (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred
ubutabera

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rumaze gutegeka ko Kazungu Denis ukurikiranweho ibyaha bigera (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

U Burusiya bwashyize Piotr Hofmanski ukuriye Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku rutonde (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi z’u Burusiya zikorera ku Nyanja y’Umukara akaba n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.