Home > ... > Forum 4784

Bibiliya yabaye umuyoboro w’icengezamatwara y’ubukoloni

6 May 2020, 12:58, by erneste

Maze gusoma iyi nyandiko nababajwe nuko umwanzi sekibi agenda agera ku ntego ze zo kuriganya abantu bitewe n’imigmbi ye imaze igihe kirekire mw’isi anyuriye mu bikoresho bantu yihitiyemo. nagira ngo mbabwire ko iri yobokamana ryazanywe n’abakoroni ritari rikiri umwimerere ahubwo abarizanye ugenzuye neza wasanga bari baramaze kurihindura bariha indi sura. igituma iyobokama ryangwa si aho rikomoka (ku bo tudahuje ibara ry’uruhu) kuko Imana muremyi niyo yaremye umuntu ariko mu ngabano zaho abakomoka ku muntu bororokeye bagenda bagira amabara atandukanye ariko bakomeza kugira ingingo z’umubiri zisa. kuba Imana yahitamo abo mu ibara runaka ikabaha ijambo ryayo rero ngo barigeze ku bandi si ikibazo. ikindi kandi twibuke ko umwanditsi wa mbere mu mateka y’iby’iyobokamana atari umuzungu(umunyaburayi) ahubwo nuwo muri aziya , uwo ni Mose.biblia igaragaza abanyaburayo nabo ubwabo bitwa abanyamahanga ku masezerano kuko batari bazi Imana yukuri yaremye isi n’ijuru ahubwo basengaga ibitari Imana nyamana.basengaga ibiremwa( izuba,ukwezi,inyenyeri,ibishushanyo n’ibindi...) Yesu n’intumwa ze bakoze umurimo wo guhindurira isi ku Mana nyakuri, iri yobokama rya Yesu n’intumwa ze ryahanganye n’imyemerere yarigize ingoma y’abaroma ya gipagani yarishingiye ku gusenga ibiremwa nkuko nabivuze hejuru,bamwe barabizize baricwa,abandi barafungwa kugezubwo mu mwaka wa 313 ku ngoma ya Constantin abakristo bamwe bacitse intege barambiwe kwicwa bemera imishyikirano n’abaroma b’abapagani nibyo byaje kuvamo iyobokamana rihuriweho n’impande zombi abitwa abakristo n’abapagani ,iyobokamana riravangwa ngiryo iryazaniwe abanyafurika n’ahandi henshi kw’isi, rero icyo ndangirijeho nuko Imana ifite itorero ryayo kw’isi,kandi ijambo ry’Imana rirahari ni Biblia abashaka kuyiharabika bashingira kuribyo byabaye kuko bimaze kuba handitswe ibindi bitabo biyivangira ariko ubwayo ni ukuri kutavangiye nubwo abayisoma bo bayisobanura bakurikije irari ryabo, udafite umwuka wera w’Imana ntiyayisobanura kuko irimo ubuhanga burenze ubwenge bw’abantu bapfa. kumenya iryo jambo nibyo bikingira abantu ubuyobe bwazanywe mwisi na satani n’abambari be.

Tanga igitekerezo

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa