Home > ... > Forum 4587

Uruhare rw’inyigisho z’amadini mu kubiba amacakubiri mu banyarwanda

29 April 2020, 10:34, by erneste

Ubwo tumaze kubona ko ijambo ry’Imana ari ryiza rero ntibishoboka ko ryatwoshya gukora ibibi .( umuntu niyoshywa gukora ibyaha ye kuvuga ati "Imana niyo inyoheje",kuko bidashoboka ko Imana yoshywa n’ibibi, cyangwa ngo yo igire uwo ibyohesha. Yakobo 1:3). iki kibazo rero mugishakire ahandi hatari mu ijambo ry’Imana. ahubwo dore uko ijambo ry’Imana ribivuga mu byahishuwe 12:12 hati Nuko rero wa juru we namwe abaririmo ni mwishime, naho wowe wa si we nawe wa nyanja we, mugushije ishyano kuko satani yabamanukiye afite umujinya mwinshi azi yuko afite igihe gito. satani ni umwuka ntitwamubona ahubwo akorera mu bantu, kandi agera ku ntsinzi ikomeye iyo anyuriye mu bantu bavuga ko bakorera Imana. nguko uko amadini yabaye igikoresho cy’umwanzi w’Imana n’abantu ,ngiryo ishyano ryagwiriye urwanda nukuzanirwa iyobokamana riyobye ryamaze kuba igikoresho cya satani, ari nabyo umwanditsi yavugaga ko ibyaha by’abantu byicuzwa ku bandi nkabo bakihindura imana zabo, bakigisha amacakubiri n’ubwicanyi nyamara Imana bavuga ko bakorera yaravuze ngo ntukice. ibishashagirana byose rero si zahabu nyamara kandi ubwinshi bw’amafaranga y’amiganano ntayatuma amazima adahabwa agaciro kayo. ngaho mwitonde rero banyarwanda mu guhitamo imyizerere yanyu.

Tanga igitekerezo

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa