Guhera uyu mwaka wa 2024, umubare w’abanyeshuri b’abanyamahanga bazajya kwiga muri Canada uzagabanukaho 35% ugereranije n’umubare w’abakiriwe muri 2023.
Bwa mbere kuva minisitiri w’inteba Justin Trudeau yajya kubutegetsi mu mwaka wa 2015, guverinoma ya Canada yahinduye icyerekezo cya politiki yayo igenga abimukira. Ku wa 22 Mutarama 2024, Minisitiri ufite mu nshingano iby’abimukira Marc Miller yavuze ko hashyizweho igihe cy’imyaka ibiri ku banyeshuri b’abanyamahanga bazemererwa kuza kwiga muri Canada.
Marc Miller, yavuze ko muri uyu mwaka iki gihugu kizakira abanyeshuri ibihumbi magana atatu mirongo itandatu (360 000) mu mwaka wa 2024, bingana n’igabanuka rya 35% ugereranije n’umwaka wa 2023.
Impamvu nyamukuru ngo yateje ibi ni ikibazo cy’amacumbi gikomeje kuba ingorabahizi ku bimukira, abanyamahanga, ndetse n’abanyagihugu ubwabo.
Nk’uko bigaragzwa n’imibare, ubu abanyeshuri barenga miliyoni bari kubutaka bwa Canada bavuye imihanda yose. Leya ya Canada mu kugabanya umubare w’abinjira iranashaka kugabanya umubare wazamukaga cyane w’abinjira muri Canada hagamije cyane guhangana n’ikibazo cy’amacumbi gikomeje no kuba ikibazo cya politiki kitavugwaho rumwe muri icyo gihugu.
Ukwiyongera k’umubare w’abanyeshuri baza kwiga Canada cyane cyane baturuka hanze ya Canada byongereye umubare ku rwego rw’amashuri, n’urw’ubuzima , cyane cyane bitewe n’uko ibiciro by’amacumbi babamo nabyo bigenda birushaho gutumbagira nk’uko Marc Miller akomeza abitangaza. Minisitiri Marc Miller kandi yihanangirije amwe mu mashuri ashaka mu kungukira ku bwinshi bw’abanyeshuri akongeza ibiciro uko yishakiye kandi nta n’ubushobozi afite bwo kubakira
Mu gihembwe cya gatatu cya 2023, umubare w’abatuye Canada mu buryo butari ubwa burundu , bagizwe kenshi n’abanyeshuri wiyongereyeho ibihumbi 312.758, uyu mubare akaba ari wo wo hejuru ubayeho kuva mu myaka itanu ishize.
Bwiza.com
Tanga igitekerezo