Abinangiye imitima ku gutanga amakuru y’ahakiri imibiri y’abazize jenoside yakorewe Abatutsi bagawe n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Mukase Valentine yabagaye kuri uyu wa 18 Mata 2024, mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Abatutsi bazize Jenoside i Gatwaro, kuri Kiliziya ya Kibuye no mu nkengero zaho.
Muri uyu muhango kandi hashyinguwe mu cyubahiro imibiri irenga 60 yabonwe mu mirenge ya Bwishyura, Gitesi, Rubengera na Mutuntu.
Ni imibiri yabonwe ubwo hakorwaga ibikorwa by’ubuhinzi no gucukura imiyoboro y’ibikorwaremezo ari nacyo gitera ubuyobozi kugaya abaturage bagikomeza kwinangira imitima ku gutanga amakuru y’ahakiri imibiri y’abatutsi bazize Jenoside batarashyingurwa mu cyubahiro.
Mukase mu ijambo yagejeje ku bitabiriye Kwibuka30 yagize ati “Turagaya cyane abakomeje kwinangira imitima bakanga gutanga amakuru y’ahakiri imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, birababaje kuba n’ubu tugiye gushyingura imibiri mu cyubahiro nta muturage n’umwe wabigizemo uruhare ku gutanga amakuru, ahubwo imibiri ikaba yaragiye iboneka ahari gukorerwa ibikorwa kandi abatutsi baricwaga ku manywa y’ihangu.”
Mukase yaboneyeho gusaba abaturage kubohoka bagatanga amakuru y’ahakiri imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro, kuko biganisha ku bumwe n’ubwiyunge byuzuye.
Igice cya Gatwaro na Kiliziya ya Kibuye, giherereye mu cyahoze ari Komini ya Gitesi hari Inzibutso ziruhukiyemo imibiri y’abatutsi bazize Jenoside basaga ibihumbi 30.
Urwibutso rwa Gatwaro ruruhukiyemo imibiri isaga ibihumbi 15, Urwibutso rwo kuri Paruwasi Saint Pierre ruruhukiyemo imibiri isaga 11,400, mu Rwibutso rwa Nyamishaba haruhukiye imibiri 3,500 mu gihe Urwibutso rwa Home Saint Jean haruhukiye imibiri 549.
Tanga igitekerezo