Kuri benshi, ubusaza n’uburwayi bya Kabuga Felesiyani bishobora kumutwara inkiko zitaratanga ubutabera. Kuri Ibuka yo, nk’ihuriro ry’imiryango y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, gupfa ari mu maboko y’ubutabera "ubwabyo ni ubutabera".
Kimwe n’umuryango wa Kabuga, Me Laurent Bayon, umwe mu bunganizi be mu by’amategeko, yemeza ko gukura Kabuga mu Bufaransa bishyira ubuzima bwe mu kaga. Agira ati: "Koherezwa Arusha kimwe n’uburyo bw’imifungirwe, ntibyatuma ubuzima bwe butera kabiri, cyangwa se ngo urubanza ruburanishwe kugera ku musozo, ku nyungu ze n’iz’abahohotewe".
Mu mwanzuro we wo ku wa 27 Gicurasi, umucamanza William H. Sekule yategetse ko "Bwana Kabuga agomba koherezwa Arusha" nk’uko itegeko riteganya ko "abaregwa bose bashyiriweho impapuro za ICTR/TPIR barimo Kabuga, nibafatwa bagomba gufungirwa ndetse bakaburanishirizwa ku ishami ry’Urwego riri i Arusha muri Tanzania".
Aha ni ho, Urwego MTPI/MICT, rwasigaye rurangiza imirimo yasizwe n’Urukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR/TPIR) biteganyijwe ko ruzaburanishiriza Kabuga, nyuma y’icyemezo cy’Urukiko Ruseswa Imanza rw’u Bufaransa gitegerejwe ku wa 30 Nzeri.
"Twe twatangiye kubona ubutabera!"
Impaka ziriho muri iki gihe ni nyinshi. Kabuga azajyanwa Arusha? Nanajyayo se azaburana urubanza rugere ku musozo, abahohotewe bashobore kubona ubutabera?
Ku bwa Ahishakiye Naphtal, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa IBUKA, gucirwa urubanza si byo kamara kugira ngo abahohotewe bumve ko babonye ubutabera. Agira ati: "Agerayo cyangwa atagerayo, twebwe tubona ibintu biri mu nzira nziza. Uyu munsi n’ubwo yakwitaba Imana, Urugendo rw’ubutabera yararutangiye, arurimo. Natanaburana, ifatwa rye ubwaryo ni ubutabera." Buriya ngo kuba yari atarafatwa, yihishahishaga ari na ko yikorera bizinesi ze, iyo aza gupfa atarafatwa n’ubutabera, Isi yari kuzamufata nk’umwere, "ko yagiye ari umwere". Ariko uyu munsi ngo nubwo yagenda, hari icyo bivuze kuko yaba yari mu nzira zo kuburanishwa, haba hari isomo byatanze. Bwana Ahishakiye asobanura ko "buriya Kabuga yari yaratsinze ubutabera, yari yarabuteye igitego, yari yarabunesheje".
Nubwo ngo nta muntu uzi igihe Kabuga azapfira, Bwana Ahishakiye avuga ko ubu "[Kabuga] yitabye Imana agapfira muri gereza, bitandukanye no kuba yapfiriye mu rugo, ukumva ngo inshuti n’umuryango bamuherekeje. Ubu biratandukanye, yaba aguye mu butabera ntiyaba aguye mu muryango. Ubutabera twatangiye kububona."
Nta cyizere ku bandi bihishe!
Kuvuga ngo abantu bagushatse imyaka 26 batakubona! Mu ijwi ry’uyu muyobozi wayo, IBUKA isanga ngo ibi byatangaga imbaraga no ku wundi ukihishahisha, akavuga ati: "Niba ruharwa kanaka bamushatse imyaka iyi n’iyi, jyewe wari minisitiri, wari majoro, jyewe nshobora kumara imyaka 50". Kuri we ngo Majoro wari ukiri muto afite imyaka 30 n’ingahe, we yumva yazamara na 50 yihishe. Ariko ubu baravuga bati: "Niba uriya bamufashe, buriya iherezo, ubutabera ni bugari, akumva igihe icyo ari cyo cyose ari we utahiwe. Bimuca intege."
By’umwihariko, Bwana Ahishakiye aha araca amarenga kuri Major Protais Mpiranya wayoboraga umutwe warindaga Perezida Habyarimana Yuvenali, na we uri mu bakekwaho jenoside bagishakishwa na MICT.
Nyuma yo gutabwa muri yombi, mu Bufaransa, ku wa 16 Gicurasi 2020, habaye ibikorwa byinshi byo gutambamira ko urubanza rwabera Arusha muri Tanzania. Kabuga n’abamwunganira bahise basaba ko yaburanishwa n’ubutabera bw’u Bufaransa. Ni mu gihe n’Ubushinjacyaha na bwo bwashakaga ko yoherezwa mu Buholandi aho kujyanwa Arusha.
Azajyanwa he, ntazajyanwa he? Ukuri kuzagaragara nyuma y’icyemezo cy’Urukiko Ruseswa Imanza rw’u Bufaransa gitegerejwe ku wa 30 Nzeri. None se azaburanishwa kugeza we n’abahohotewe bahawe ubutabera? Ruzaca Imana!
Tanga igitekerezo