Mu Rwanda umubare munini w’abaturage barwo ni abayoboke b’amadini, yaje mu Rwanda avuga ko aje kwigisha inkuru nziza ya Yezu Kristu, kwigisha urukundo no kuzana urumuri n’umucyo mu bantu.
N’ubwo avuga ko ari icyo cyayazanye ariko iyo urebye umusaruro wayo mu mibereho, imigirire n’imibanire y’abantu usanga mu myaka isaga 120 ayo madini amaze mu Rwanda ibintu birushaho gusubira irudubi.
Ingero zabyo ni uko uramutse ufashe abanyabyaha Urwego rw’Iguhugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rufatira mu byaha buri munsi dusabye ko mu myirondoro yabo batubwira mo n’amadini basengeramo wasanga hafi yabose ari abayoboke b’amadini, kandi mu by’ukuri abo ni abafatwa kuko ntekereza ko abakora ibibi badafatwa cyangwa se bikaba bidahanwa n’amategeko y’igihugu aribo benshi.
Ikindi kandi ni uko no muri abo bafatirwa mu byaha bitandukanye tudahwema kumvamo n’abayobozi b’amadini mu gihe ari bo bavuga ko bigisha abandi kujya mu ijuru.
Umusaruro w’amadini mu Rwanda uranegwa
Iyo usuzumye neza intego z’idini ku bantu, usanga yaratubeshye natwe tuyibeshyaho, yatubwiye ko aje kutubwiriza inkuru nziza ngo tuzajye mu ijuru ariko sibyo kuko n’abo baridukumbuza bakanariturarikira ntawe uragerayo.
Mu buzima busanzwe biragoye ko naba ndi Umunyarwanda utaragera muri Amerika, narayisomye mu nyandiko maze ngo nkagukumbuza ubuzima bwaho, nkakuratira ibyiza byaho nkakubwira, ko ariho ukwiriye kujya kwibera maze nawe ukampa ibyawe utunze kugira ngo ujye gutura muri Amerika.
Intego y’aya madini ni ukubaka ikuzo n’ubuhangange bwa bene yo binyuze mu guhangara no guhangamura ubuhanga n’ubuhangange bw’abandi.
Ni ukubaka imibereho ya bene yo binyuze mu kuyobya ireme ry’imitekerereze ry’abayayoboke hagamijwe gushaka no kubaka inyungu bwite z’igihe kirekire.
Tugiye kurebera hamwe ingero z’uko aya madini abazungu batuzaniye ataje ku neza yacu ahubwo yaziye kubaka inyungu z’ibihugu yaturutsemo. Iyo tuvuga uruhare rw’abakoloni mu gusenya u Rwanda, ntidukwiriye kujya kure y’amadini kuko umukoloni ni umwe waje mu buryo bubiri; yaje ukuboko kumwe gucigatiye imbunda ukundi gufashe Bibiliya
Ku ikubitiro, reka turebe ubutumwa bwahawe abapadiri b’abazungu igihe bazaga muri Afurika mu mwaka w’1883 babuhawe na Léopold ll, Umwamo w’u Bubiligi.
Yatangiye ababwira ko inshingano zabo atari ukwigisha Imana mu Banyafurika kuko bayizi ndetse ko inshingano zabo zikwiriye gushingira ku nyungu z’u Bubiligi n’u Burayi, ati: Akazi kanyu k’ingenzi ni ako korohereza umurimo abayobozi bacu n’abanyenganda.
Ni ukuvuga ko rero muzasobanura Ivanjiri mu buryo butuma inyungu zacu muri kiriya kirere cy’Isi zidahungabana. Muzakore ibishoboka byose kugira ngo abirabura bagire ubwoba bwo kuba abakire niba bashaka kubona ijuru, Abanyeshuri muzabigishe kwandika ariko ntimuzabigishe gutekereza. Mwihanishe abirabura mukoresheje ikiboko.
Mubasoreshe buri cyumweru uko baje mu Misa, Mukoreshe amafaranga yitwa ko agenewe abakene kugira ngo mugeze gahunda zanyu mu bice byateye imbere mu bucuruzi. Mubashyirireho uburyo bwo kwicuza ibyaha buzababashisha kuvumbura biboroheye no kuburizamo umwirabura wese uzaba atangiye guhumuka kuburyo yabangamira abayobozi bafite ububasha bwo gufata ibyemezo."
(http://harykin.blog4ever.com/blog/articles - << Léopold ll, Roi de Belgique( Discours prononcé en 1883 devant les missionnaires se rendant en Afrique)>>
Aya mabwiriza abapadiri bahawe n’Umwami Léopold yasobanukira buri wese ushaka guhumuka no kubona neza intego n’impamvu by’aya madini.
Nk’ubu abantu bajya gupfukama imbere y’abapadiri ngo baricuza ibyaha mu byitwa Penetensiya ariko umugambi si uwo nkuko bigaragara muri aya mabwiriza ahubwo ibi ni uburyo bw’ubutasi Kiliziya yashyizeho kugira ngo imenye imitekerereze n’imyitwarire ya muntu kugira ngo babone uko bamugenga, abakuru bavuga ko iyo abapadiri bamaraga kumenya amakuru y’imyitwarire n’imitekerereze y’abantu bajyaha gutanga raporo ku bayobozi babo.
Na none reka turebe ingero nke z’imyitwarire y’idini mu gusenya u Rwanda n’ubumwe bwarwo:
Umwe mu bapadiri bageze mu Rwanda mbere witwa Paul Barthelemy akimara kuhagera, yatanze raporo avuga ko mu Rwanda ahasanze abantu badasa kandi batareshya ati : "Sinzi ko bizatworohera kuducyeza kuko bakunda Umwami wabo n’abatware cyane"
Mu by’ukuri, ibi biragaragaza neza intego yari imuzanye kuko ntekereza ko iyo iza kuba iyo kwigisha, yari kuvuga ko ahasanze abapagani benshi bityo agasaba ko bamwoherereza Bibiliya n’amashapure byinshi.
Inzindi ngero:
Ku itariki ya 02/02/1900 habayeho amasezerano ya mbere hagati y’Umwami Musinga na Musenyeri Joseph Hirth , yavugaga ko abapadiri bagomba kubaha abantu be kandi batagomba kwivanga mu miyoborere y’igihugu. Mu by’ukuri aba bapadiri ntiberuriye Musinga ngo bamubwire ikibazanye ariko mwibuke ko bari bafite ubutumwa bari bahawe na Léopold ll.
Mu mwaka w’1905, abapadiri n’abasirikare bajyaga kwitoza kurashisha imbunda i Save, abayoboke babo bahabwaga imbunda bakajya gushaka abayoboke mu baturage b’i save mu buryo bwo kubatera ubwoba.
Musinga kandi yasinyishijwe ku gahato inyandiko yo kubahiriza uburenganzira bwo kwiga no gusengera mu idini kuri buri muntu, ashaka iyo nyandiko iragira iti : "Njyewe Musinga, Umwami w’u Rwanda nemeje ko guhera ubu Umunyarwanda wese yemerewe kujya mu idini ashaka nta gahato.
Umushefu cyangwa Umusushefu uzabuza abo ategeka gusengera aho ashaka cyangwa akababuza kwiga ubumenyi, azahanwa hakurikijwe amategeko gakondo yo kunyubaha nk’Umwami n’Igifungo kuva ku munsi umwe kugeza ku minsi mirongo itatu." Arasinya, ateraho kashe, arimyoza.
(YUHI V MUSINGA Rugwizakurinda Umwami w’u Rwanda mu nzira z’ubunyereri p.145) : Impamvu yo kwimyoza kwa Musinga ni uko yasabwaga kwemera uburenganzira bwo gusengera mu madini buri wese ashaka ariko Abanyarwanda bagasabwa kwemera Mungu ku gahato, bakabuzwa uburenganzira bwo kwemera Imana yabo.
Mu mugambi wo guhirika Musinga ku bwami byatangiye mu kwezi kwa mbere mu mwaka 1919, ubwo Major Decklerck yageraga mu Rwanda, yategetse abapadiri kutongera gutinya Musinga n’ubupagani bwe.
Mu mwaka w’1924, Musenyeri Class na bagenzi be b’Abakoroni, bemeje ko Nyanza itakiri umurwa mukuru w’ubwami ahubwo ko umurwa mukuru ari uwo Resida atuyemo. Urugero rwa nyuma tugiye gutanga rwerekana ubufatanye bw’idini n’abandi bakoloni ba politike mu kunoza icyemezo cyo Guhirika Musinga ku bwami, mu ibaruwa yanditswe na Gouverneur Voisin yandikira Musenyeri Leon Classe ku itariki ya 17/05/1931. Ntabwo tuyandukurura yose kuko ari ibaruwa ndende gusa dore agace gato muri yo
Bujumbura ku wa 15/07/1931
Ibaruwa y’umwihariko kandi y’ibanga/No585/Ibiro bya Gouverneur Voisin
"Maze kubona amakuru avuye muri Department yerekeye Musinga. Minisitiri yanyoherereje telegaramu ansaba raporo isobanura neza amakosa ye muri politiki y’Umwami, hateganwa kumufatira ibyemezo kandi bikazaganirwaho mu nama izabera i Geneve mu Busuwisi.
Muri iyi baruwa noherereje Resida w’u Rwanda ngo akore iyo raporo kuko Ibyo mfite sinabonamo ibirego bifatika ku ruhande rwe Gouverneur mukuru yansabye ko namubwira icyo mbona twakora kuri Musinga mbere yo kubigeza mu buyobozi hejuru,..." (YUHI V MUSINGA Rugwizakurinda Umwami w’u Rwanda mu nzira z’ubunyereri p.175)
Muri iyi baruwa, Gouverneur Voisin yakomeje avuga uko yahuye na Rudahigwa akamusaba ko yakwemera kuba Umwami w’u Rwanda bakamuha imyenda, inzu n’imodoka bari bazaniye Se, arishima cyane ariko asabwa kubigira ibanga.
Ndetse ngo Rudahigwa yamenye ko uwo mugambi ushyigikiwe na Musenyeri Class arishima cyane.
Nk’ubuyobozi bwa Kiliziya ijyana abantu mu ijuru bacuze umugambi wo guhimbira Musinga ibirego kugira ngo bamwirukane nkuko ubwabo mu ibaruwa babyivugira ko nta birego bifatika babona bashinja Musinga, ubu ibi birimo imigambi ijya mu ijuru?
Izi ngero zose tubonye ni izigaragaza gusenyera umugozi umwe kw’idini n’abakoloni twakwita abanyapolitiki. Ibi ni ingero nkeya cyane twabonye kuko ntitwagaragaje ingero z’uko idini n’abakozi baryo bagize uruhare rukomeye cyane mu kubiba amacakubiri mu Banyarwanda ari nayo yabyaye Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994
Kuririmba ko twigobotoye ubukoloni nyamara tukigundiriye idini ni ukwishuka, aya madini ajya kuza si twe twateguye kuza kwayo, si natwe twagennye akamaro kayo, ba nyirayo baracyahari kandi intego ntiyahindutse. Ntabwo uruhare rw’idini mu gusenya u Rwanda ari ibyarigwiririye kuko ingero zigaragaza ko ari wo mugambi wayo kugeza igihe cyose cyo kubaho kwayo.
Kwigira ku mateka ni ingenzi cyane, biturinda gukomeza kubeshwa, dukwiriye kumenya aho tuva kugira ngo tumenye aho tujya n’abo tugendana . Aya madini ntiyabaho atagira abantu ariko abantu babaho batagira amadini, amadini niyo akeneye abantu abantu sibo bakeneye amadini.
Icyitonderwa: Ibi ni ibitekerezo by’umwanditsi ku giti cye. Ushobora kumwunganira utanga inama n’ibitekerezo kuri E-mail :mvukiyeherubera@gmail.com
6 Ibitekerezo
Ntwali Gilbert Kuwa 14/04/20
Njya mbona amateka yacu nkayo yamusinga atariko tuyigishwa ahubwo niyo bivuzwe ntabwo babindaho cyane babinyura hejuru kdi buriya byazajya biha abato kumenya neza amateka noneho bagahita babona uko amadini yazanye nimitegekere yagikoroni bitubase nanubu urugero ninkiriya nyandiko yumwami wababirigi kuko amateka yuRwanda urubyiruko dukunda kubwirwa guhera muri 1959 kandi wigiye inyuma guhera inyuma niho hagaragaza ubumwe nubwenge twari twifitemo nkabanyafrica muri Rusange
Subiza ⇾Rwakayiru Esdras Kuwa 15/04/20
Urakoze cyane Bwana Mvukiyehe.Ndakunganira nguha ingero z’ukuntu amadini yihisha inyuma ya Bible na Corowani akivanga muli Politike.Hamwe n’ukuntu mu myaka 120 amaze mu Rwanda nta musaruro yatanze ufatika.Urugero,muli 1994,abategetsi bose b’u Rwanda bitwaga Abakristu (President,Ministers,Prefets,Mayors,Conseillers,senior military Officers,etc...).Nyamara hafi ya bose (nibuze 85%),bashinjwa Genocide.Tujye mu bakuru b’amadini:Amadini yagize uruhare rukomeye muli Genocides zabereye mu Rwanda guhera muli 1959.Hera kuli Musenyeri Perraudin wafashije president Kayibanda gushinga ishyaka Parmehutu,Musenyeri Mukuru (Archbishop) Nsengiyumva Vincent wari muli Komite Nyobozi y’ishyaka MRND rya president Habyarimana.Anglican Church yali ifite Abasenyeri 7 muli 1994.Bose bali abahutu gusa.Batatu muli bo (Nshamihigo,Ruhumuliza na Musabyimana),bashinjwa gukora Genocide,ku buryo uriya Musenyeri Musabyimana yaguye muli gereza ya Arusha.Gacaca ya Shyogwe yamukatiye burundu y’umwihariko.Muli 1994,ADEPR yifatanyije n’intagondwa z’abahutu mu gushinga Radio RTLM yabafashije guhiga abatutsi.Abadive,bari bafite indirimbo yanyuraga kuli Radio Rwanda,yavugaga ngo Imana yatumye president Kayibanda gushinga ishyaka Parmehutu kugirango rikure abahutu mu buja bw’abatutsi.Murebe uyu munsi ukuntu abakuru b’amadini benshi bivanga muli Politike.Kereka ahari abayehova gusa.
Subiza ⇾nikobatuye Kuwa 15/04/20
Mwanditsi mwiza urakoze cyane komerezaho idini ritugeze mumuhogo Sinzi uzarirutsa abanyarwanda gusa biri gusobanuka iyo ntwaro karyanishamiryango tuzayigobotora ntakabuza komeza rwose utwihere, ibikenewe nibyo
Subiza ⇾Muvunyi Kuwa 15/04/20
Urakoze cyane bwana Mvukiyehe burya babivuzukuri ngo kuratinda ntiguhera nti kubora kandi nukuri ababisha bazamenya Ukuri bamenye ko ibyobarimo ataribijya mwijuru kandi Imana ntaho ihurira namadini kuko amadini na y’abantu Imana ntikenera Idini kugirango ikorane nabantu ndangize mvuga nti biroroha gukangura Usinziriye ariko biragora gukangura Uwisinzirije
Subiza ⇾Rubera Kuwa 15/04/20
urakoze cyane Muvandimwe @Rwakayiru kuri aya mateka udusangije akomeza kugaragaza neza ko aya madini atubwira ko yigisha iyobokamana muri yo harimo indi mishinga niyo mpamvu badatana no gusenya ibyo basanze.
mwese mutanga ibitekerezo murakora cyane Turagana heza.
Subiza ⇾HITAMUNGU JEAN DAMASCENE Kuwa 18/04/20
Uburere buruta ubuvuke , nshingiye ko ibihugu by’Afurika ayo madini akoreramo byose byigenga kandi abakuriye ayo madini akaba ari Abanyafurika ntekereza ko baruka amashereka y’ubukoloni bonkejwe bagatangiza ivugabutumwa rigira aho rivana abantu rikagira aho ribaganisha heza, mu buryo butabangamiye imico n’imigenzo y’abenegihugu ikindi bagakura inyungu z’ubukoloni n’imitekerereze yabwo, itakijyanye n’igihe mu rwego rwo kubaka ejo heza h’abo banyamadini n’ibihugu batuyemo kandi batabangamiye za Leta na za Guverinoma batuyemo , kuko umunyedini cyangwa itorero runaka usanga ari nawe muturage usanzwe w’icyo gihugu biragoye cyane gutandukanya Politike n’umukirisito ,umuyisiranu ... kuko n’ubwo uyu munyamakuru atera amacumu CIVILISING MISSION asa n’uwibagiwe ko n’abayobozi bakuru benshi Afurika ifite ubumenyi bafite babukesha bamwe muri abo banyamadini, ni igihe cyangwa isomo ryo gukura ibishimwa mu bigawa tukagendana n’igihe kuko kuvuga ko umukirisitu cyangwa undi munyedini runaka anabarizwa mu mutwe runaka wa Politique atari ishyano kuko ariwo muyoboro mugari isi yashyizeho ngo habeho gahunda ihamye mu mibereho n’imiyoborere y’isi.
Subiza ⇾Jonh Kuwa 30/04/20
J.Damascene ntabwo amadini yari kamara mu kutwigisha gusoma no kwandika. Kubifata kwari uburyo bumwe bwerekana uufatanye bwabo n’aba kolonni. Mu by’ukuri iGihugu cyacu cyari nka colony y’abapadiri cyane cyane bera( peres blancs). Muri 1955 leta mbiligi yaba socialistes yashatse kuzana Ecole laique hano( ministre w’ama colonies witwaga Buisseret), ndibuka abapadiri basinyisha( nako bateza igikumwe )ababyeyi bacu ngo ntibashaka Ecole laique( batazi ninbo aribyo). Ishuli rero ntikwari ukudukunda ahubwo yari inzira yabo yo gushaka umubare w’abayobocye no kuduheza mu bujiji bw’imitecyerereze. Ngiyo idini( cyane cyane gatolika) yadutwikiye iGihugu ikakigusha mw’icuraburindi rizadufata igihe kirekire ngo turyigobotore.
Subiza ⇾Jonh Kuwa 30/04/20
" Civilizing mission?????? Urebe icyo civilization rivuga. Gutera ibindi bihugu no kubihindura akarima kawe has nothing to do with civilisation. Mbega ni nde who civilise who? Byerekana gukoropwa mu mutwe kwatubayeho
Subiza ⇾Tanga igitekerezo