Abifashijwe n’igihugu cy’Uburusiya, Perezida wa Burkinafaso, Ibrahim Traore, yiyemeje kurinda akarere iki gihugu giherereyemo ndetse n’igihugu cye ibitero by’ibyihebe no kubikura mu birindiro birimo burundu. Mu mvugo ye, perezida w’inzibacyuho wa Burukinafaso arema agatima ingabo z’igihugu cye azibwira gukomeza kwambarira urugamba, no kwitegura byisumbuyeho guhashya iterabwoba. Ibrahim Traore yatangaje ko yaguze intwaro zigezweho. Abikesheje Uburusiya, ingabo za Burkinafaso zamaze kwibikaho intwaro za misile zigezweho kandi zifite imbaraga. Ngo igihugu kandi cyaguze n’ibindi bikoresho bya gisirikare.
Ku bwa Perezida Ibrahim Traore, "misile nshya twaguze zageragejwe i Djibo mu Gushyingo 2023, kandi zagaragaje imbaraga zihambaye ugereranije na misile zakoreshwaga mbere". Ibrahim Traore yavuze ko uretse izo misile, n’izindi ntwaro zikomeye zatumijwe, mu rwego rwo kwitegura ikindi cyiciro cy’urugamba rukaze mu minsi iri imbere. Ati” Ibindi bikoresho by’intambara byo ku butaka bikenewe nabyo bizaboneka muri uyu mwaka. Hagamijwe kongerera imbaraga ingabo”.
Gusa yanahumurije abaturage be ababwira ko gucunga neza ubukungu bw’igihugu, byatumye hatabaho gutagaguza amafarangayose mu by’intambara, nubwo ibikoresho by’intambara byaguzwe bihenze. Ati « Ibyo dushora byose tubisohora mu bunyangamugayo, kuko tugomba gucunga neza umutungo w’igihugu ».
Kuri Ibrahim Traore, imikorere nk’iyo yita kugucunga neza ibya rubanda ariko inagamije guhashya iterabwoba ngo igarure ituze mu gihugu, izatuma Burukinafaso, umunsi umwe itsinda iterabwoba burundu.
Bwiza.com
Tanga igitekerezo