Nibura inyeshyamba 11 zishwe abandi benshi barakomereka mu mirwano ihuje kuva ku wa Mbere, itariki ya 25 Werurwe, inyeshyamba za Mai Mai Biloze Bishambuke n’abarwanyi bo muri Red-Tabara (umutwe witwaje intwaro ukomoka mu Burundi), nk’uko bivugwa na sosiyete sivili yo muri ako gace, bafatanije na irindi tsinda rya Mai Mai Ngomanzito.
Iyi mirwano ibera ahitwa i Kitumba muri Teritwari ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Inyeshyamba zo mu Burundi zihakana ko zagize uruhare muri iyo mirwano zivuga ko yahuje imitwe ibiri ya Mai Mai.
Amakuru aturuka mu bari bagabye igitero avuga ko umubare w’abaguye muri izi ntambara ari mwinshi.
« Mai Mai Biloze Bishambuke iyobowe na Hassan Mbakanyi yapfushije abantu bane mu gihe abandi 18 bakomeretse. Ku ruhande rwa Mai Mai Ngomanzito na Red-Tabara, batakaje abarwanyi barindwi. »
Maï Maï Biloze Bishambuke isobanura ko yagabye igitero ku mutwe w’Abarundi kubera impamvu imwe: “kwerekana ko tudakorana n’u Rwanda”.
Inyeshyamba za Mai Mai ziyeguriye abiyita umuyobozi w’inyeshyamba witwa Hassan Mbakanyi zagize ziti: "Turashaka kwereka abaturage ba Congo ko tudakora mu izina ry’u Rwanda kandi ko tudakorana n’iki gihugu, cyane cyane imitwe gishyigikiye."
Amakuru ava mu begereye Mai Mai Biloze Bishambuke, bafite indi mpamvu nubwo batabyemera.
Abahaye amakuru SOS Media Burundi bati: “Mu byukuri, hari amakuru yerekana igitero gishobora kugabwa n’abasirikare b’Abarundi n’Abanyekongo ku birindiro bya Red-Tabara. Maï Maï Biloze Bishambuke bakunze gushinjwa gukorana n’izo nyeshyamba zo mu Burundi rero barashaka kwereka FDNB (Ingabo z’u Burundi) na FARDC ko nta mubano bafitanye.”
Abajijwe kuri iki kibazo, umuvugizi wa Red-Tabara yabwiye SOS Médias Burundi ati: "Ntabwo tugira uruhare muri aya makimbirane".
Yashoje agira ati: "Iyi mirwano ireba amatsinda abiri ya Mai Mai."
Mu mezi atatu ashize, inyeshyamba za Red-Tabara zagabye ibitero bibiri mu burengerazuba bw’u Burundi.
Abategetsi b’u Burundi bakomeje kwemeza ko bashyigikiwe n’u Rwanda. Ibi byatumye bafunga imipaka n’u Rwanda muri Mutarama ushize, nk’ikimenyetso cyo kwigaragambya. Ni mu gihe u Rwanda rwateye utwatsi ibyo birego ruvuga ko bidafite ishingiro.
Tanga igitekerezo