Umuhuriga Sarpong wafanaga Rayon Sports, yamaze guhindura ikipe yerekeza muri mukeba, APR FC ndetse anakoreshwa indahiro.
Mu ijoro ryakeye, Sarpong yanditse kuri WhatsApp Status ati: "abo twabanye muri Rayon mwarakoze, ubwo duhure mu bundi buzima."
Nyuma yo gutangaza ibi, hazindutse amakuru avuga ko uyu mufana yamaze kujya muri APR FC.
Bidateye kabiri, uyu mufana yahise ajya aho APR FC ikorerea maze baramutembereza ndetse banamwereka ibikombe by’ikipe.
Nyuma yo gutemberezwa, Sarpongo yahise ajya kurahizwa kugira ngo yinjire mu muryango mugari wa APR FC. Aho yanahawe umwambaro mushya wa APR FC.
Imbere y’ibirango by’ikipe ndetse na bamwe mu bayobozi, Sarpong wari wambaye umwambaro wa Rayon Sports yawukuyemo maze ahabwa umushya w’ikipe agiye kujya afana.
Uyu mufana w’i Nyamirambo yinjiye muri APR FC nk’umufana asiga Rayon Sports iri mu bibazo bitari bike.
Tanga igitekerezo