Dr Charles Murigande wamaze igihe kinini muri guverinoma yasubije Umunyekongo Dr Jo Sekimonyo watangaje ko ahazaza h’u Rwanda n’ubutegetsi bwarwo hari mu maboko ya Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi.
Dr Sekimonyo mu nyandiko y’igitekerezo cye, yasobanuye ko ubukungu bw’u Rwanda bushingiye ahanini kuri RDC, bityo ko igihugu cyabo gihagaritse imikoranire yose na rwo mu rwego rw’ubukungu, rwahungabana.
Yagize ati: "Ubukungu bw’u Rwanda, igihugu n’abagituye (…)
Home > Keywords > Most Important Keywords > Featured Post
Featured Post
Articles
-
Dr Murigande yasubije Sekimonyo uvuga ko Tshisekedi afite ubutegetsi bwa Perezida Kagame mu biganza
7 July 2022, by TUYIZERE JD -
Perezida Kagame na Tshisekedi baganiriye i New York ku buhuza bwa Macron
21 September 2022, by BABOU BenjaminAmakuru aturuka i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aravuga ko Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa, bagiranye ibiganiro ku buhuza bwa Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa.
Aba bakuru b’ibihugu uko ari batatu i New York bahitabiriye inteko rusange isanzwe ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu ni umwe mu bagejeje ijambo ku bitabiriye iriya nteko rusange, nyuma ya Tshisekedi na we wabagejejeho ijambo ku wa (…) -
Sinshaka ko umuhungu wa Fred yaba hanze cyangwa yaba impunzi_Perezida Kagame
7 November 2021, by BABOU BenjaminPerezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye umuhungu wa Maj Gen Fred Gisa Rwigema, Eric Gisa Rwigema, gutaha mu Rwanda akaba mu gihugu se yarwaniriye; bitihi se akajya arusura.
Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ku wa Gatandatu ubwo yari yitabiriye ibirori by’ubukwe bwa Teta Gisa, mushiki wa Eric Gisa.
Aba bombi ni bo Maj Gen Fred Gisa Rwigema yabyaranye na Madamu we Jeannette Rwigema, mbere y’uko arasirwa i Kagitumba ku itariki ya 02 Ukwakira mu 1990. Byari nyuma y’umunsi umwe wonyine (…) -
Isano hagati y’amadini na leta: abafatanyabikorwa cyangwa abasenyabikorwa
4 May 2020, by Munyakayanza SamuelIdini na Leta ni inzego ebyiri zigira aho zihurira zikanagira aho zitandukanira, zuzuzanya cyangwa buri rwego rwigenga rimwe na rimwe. Mbere yo gucukumbura imikoranire iri hagati y’izo nzego, kureba niba ari abafatanyabikorwa cyangwa abasenyabikorwa, ni byiza kubanza kumenya "idini" na "leta" icyo bivuze.
Idini ni iki?
Mu gitabo cye yise "Ukubaho k’umuntu" Musenyeri Alexis Kagame, yasohoye muri 1983, avuga ko idini ari ijambo ry’Igiswahili risobanura UKWEMERA.
Inkoranyamagambo yo, (…) -
Kaminuza y’u Rwanda yirukanye Karasira Aimable ushinjwa amakosa ane
14 August 2020, by BABOU BenjaminKaminuza y’u Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki ya 14 Kanama, yandikiye Karasira Aimable wari umwarimu wayo imubwira ko imwirukanye mu bakozi bayo kubera amakosa yagiye akora mu bihe bitandukanye.
Mu ibaruwa yandikiwe na Kaminuza y’u Rwanda yashyizweho umukono n’Umuyobozi wa UR, Prof. Philipp Cotton, Karasira yabwiwe ko yirukanwe nyuma yo "guhuriza hamwe amakosa [ye] ashingiye ku myitwarire."
Prof. Cotton yagize ati: "Mbabajwe no kukumenyesha ko wirukanwe mu kazi kawe muri Kaminuza y’u (…) -
Muhire yahishuye ko umukunzi we ari we wamuhaye impyiko, ubwo ize zombi zari zirwaye
8 February 2021, by TUYIZERE JDTariki ya 23 Nzeri 2020 ni bwo BWIZA yabagejejeho bwa mbere inkuru y’umusore witwa Muhire Jean Claude, ubarizwa mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali; akaba yari rwaye impyiko zombi zagombaga gusimbuzwa kugira ngo akomeze kubaho, umuvuduko ukabije w’amaraso na Anemiya.
Icyo gihe yari amaze amezi 17 yivuriza mu bitaro bya Kigali (CHUK), abwira iki gitangazamakuru ko yaje no kubona “urubyiruko mugenzi we wemeye kumuha impyiko” ariko agahura n’inzitizi zikomeye zo kujya gusimburizwa izi (…) -
Uko Uganda yari igiye kurwana na Kenya igakangwa n’akarasisi k’Indege z’Abanyamerika
3 June 2020, by Denis NsengiyumvaIdi Amin Dada ni umwe mu bayoboye Uganda hagati y’ 1971 kugeza mu 1979, avugwa mu mateka ko yaranzwe no gutegekesha igitugu n’ubushotoranyi bukabije ku bihugu by’ibituranyi bwagejeje ku ntambara hagati y’igihugu cye na Tanzania mu 1979, ariko mbere yaho mu 1976 akaba yarashatse gushoza intambara kuri Kenya iyobowe na Jomo Kenyatta mbere yo gukangwa n’akarasisi k’indege z’intambara za Amerika mu kirere cya Kenya ari nabyo tugiye kugarukaho.
Hari muri Gashyantare mu 1976 ubwo Idi Amin (…) -
Ba Colonel 2 muri M23 bazamuwe mu ntera, bagirwa ba Général de Brigade
13 January 2023, by BABOU BenjaminBertrand Bisimwa uyoboye umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Mutarama 2023 yazamuye mu ntera ba Colonel babiri muri uriya mutwe, abaha ipeti rya Général de Brigade.
Abazamuwe mu ntera nk’uko itangazo ryashyizweho umukono na Bisimwa ribigaragaza, ni Col. Mboneza Yusufu cyo kimwe na mugenzi we Byamungu Maheshe Bernard.
Aba bombi bashyizwe ku rwego rwa ba Jenerali biyongera kuri Gen. Sultani Makenga uyoboye Igisirikare cya M23.
Col. Mboneza ufatwa nk’uwakabiri ukomeye mu (…) -
Amafoto y’Abakuru b’Ibihugu byo mu Karere mu myambaro ya gisirikare
14 May 2020, by TUYIZERE JDMu bihugu byinshi, abakuru b’ibihugu ni bo bagaba b’ingabo b’ikirenga. Aba barimo abahoze ari abasirikare ndetse n’abatarigeze bakandagira mu gisirikare. Abenshi muri bo bakunze kugaragara mu myambaro ya gisirikare mu gihe bitabiriye imihango ijyanye n’uyu mwuga nko gusoza amasomo kw’abasirikare n’igihe bagiye kugaba ibitero bikaze nk’uko Idris Deby wa Tchad yabigenje ubwo yatsiburaga abarwanyi ba Boko Haram muri Mata.
Kwambara iyi myambaro bisa n’umwihariko w’ibihugu by’Afurika, (…) -
Rusizi: Meya Dr Kibiriga yanenze ibyakozwe na nyobozi icyuye igihe byo guhindura abakozi mu tugari
7 December 2021, by Bahuwiyongera SylvestreIkibazo cyasakuje cyane muri aka karere mu baturage n’abayobozi mu mpera z’Ukwakira uyu mwaka, ni icy’icyemezo cyasizwe na komite nyobozi yari icyuye igihe,ikora icyo guhindura abakozi mu tugari mu buryo benshi bise agahomamunwa, cyagombaga gushyirwa mu bikorwa ku ya 1 Ukuboza, itariki yarageze abo cyarebaga bategereza amabaruwa baraheba, Meya mushya Dr Kibiriga Anicet yabwiye Bwiza.com ko atari gushyira mu bikorwa ibyo atazi, asaba abo icyo cyemezo cyarebaga kuguma aho bakorera ubu (…)