Perezida Cyril Ramaphosa yongereye igihe Ingabo za Afurika y’Epfo zigomba kumara muri Mozambike andi mezi make.
Ingabo z’igihugu cya Afurika y’Epfo (SANDF) ziri mu itsinda ry’abasirikare baturutse mu karere ka SADC boherejwe mu majyaruguru ya Mozambike gufasha kurwanya inyeshyamba zari zigiye gushyira igihugu ku mavi.
Amajyaruguru ya Mozambike yibasiwe n’inyeshyamba mu myaka mike ishize kandi abayobozi b’umuryango w’iterambere ry’Afurika y’amajyepfo (SADC) bahisemo kohereza ingabo mu karere ka Cabo Delgado gafite ibibazo.
Afurika y’Epfo yohereje abasirikare 1,495 mu majyaruguru ya Mozambike gufatanya n’izindi ngabo zavuye mu bihugu bya SADC nk’uko tubikesha urubuga defenceweb.
Ramaphosa yandikiye Perezida w’agateganyo w’inteko ishinga amategeko, Lechesa Tsenoli, hamwe na perezida w’inama nkuru y’intara, Amos Masondo. ko yongereye igihe ingabo za Afurika y’Epfo zizamara muri Mozambike kugeza mu mpera z’umwaka.
Yakomeje agira ati: “Ibi bigamije kumenyesha Inteko Ishinga Amategeko ko nongereye akazi ku banyamuryango 1.495 ba SANDF kugira ngo bakore umurimo wo kuzuza inshingano mpuzamahanga za Repubulika ya Afurika y’Epfo mu muryango w’iterambere ry’Afurika y’amajyepfo, kurwanya ibikorwa by’iterabwoba n’intagondwa zibasira uduce two mu majyaruguru ya Mozambike muri Operation Vikela.
Ati: “Abagize SANDF bazakomeza inshingano zabo zo kurwanya ibikorwa by’iterabwoba n’intagondwa mu majyaruguru ya Mozambike muri Operation Vikela, mu gihe cyo kuva tariki ya 16 Mata kugeza ku ya 31 Ukuboza 2024.
Ramaphosa yagize ati: "Amafaranga ateganijwe kuzakoreshwa muri uku koherezwa angana na R948.368.067."
SANDF yoherejwe muri Mozambike kuva mu 2021 nyuma yo kuhagera kw’Ingabo z’u Rwanda zahise zihindura ibintu ku rugamba mu kanya gato.
Afurika y’Epfo kandi yohereje abasirikare mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo kurwanya inyeshyamba za M23. Ubu ni bumwe mu butumwa bwagutse bwa SADC, biteganijwe ko buzasimbura ubw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) bumaze imyaka irenga 20 mu burasirazuba bwa DRC.
Tanga igitekerezo