Amafoto y’umuhanzi Drake ndetse na Jennifer Lopez baherutse gushyira kuy mbuga nkoranyambaga zabo yavugishije abatari bacye aho bigaragara ko bari mu rukundo nta kabuza.
Aya mafoto y’aba basitari mu muziki bari kumwe mu cyumba gisa n’ikitabona neza ndetse aherekejwe n’amagambo agira ati”urukundo nta cyo rugurwa”, ni amwe mu mafoto ari kwibazwaho cyane muri iyi minsi mikuru hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu muhanzi Drake wo mu gihugu cya Canada w’imyaka 30 y’amavuko bivugwa ko byaba bitunguranye aramutse abaye ari mu rukundo na Jennifer w’imyaka 47 y’amavuko kuko bakunze kujya bagaragara ahantu hatandukanye nubwo batunze kwerura ngo babishyire ahagaragara nk’uko babikoze muri iki cyumweru ariko na none bikaba byateye urujijo.
Uyu muhanzi ari mu rukundo n’umugore w’abana babiri, mu gihe amaze igihe asa n’ushwanye na Rihanna ndetse n’undi munyamerika kazi RIRI akaba yababangikanyaga ari 2.
Nyuma rero nibwo ngo baje gushwana nubwo nta gitangazwa ko baba barapfuye ariko ngo baretse no gukomeza gukurikirana ku mbuga nkoranyambaga.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nyuma y’aya mafoto, uyu muhanzi Lopez yongeye gushyira ifoto ye ku rubuga rwa instagram iherekejwe n’amagambo avuga ko azengurutswe n’urukundo ariko ntiyerura ngo avuge uwo barubanyemo.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com


