' Bwiza.com https://www.bwiza.com/ Amakuru Acukumuye| Politike| Imikino| Video|Umukunzi|Ibigezweho| Business today… en SPIP - www.spip.net Bwiza.com https://www.bwiza.com/local/cache-vignettes/L144xH50/logo-00ef5.png?1714311291 https://www.bwiza.com/ 50 144 Ishyaka DPGR nta kibazo rifitanye na Polisi y'u Rwanda https://www.bwiza.com/?Ishyaka-DPGR-nta-kibazo-rifitanye-na-Polisi-y-u-Rwanda https://www.bwiza.com/?Ishyaka-DPGR-nta-kibazo-rifitanye-na-Polisi-y-u-Rwanda 2024-04-02T09:15:31Z text/html en Eric Marshall Koffito <p>Ubuyobozi bw'ishyaka riharanira Demukarasi no kurengera ibidukikije (DPGR), bwatangaje ko nta kibazo rifitanye na Polisi y'u Rwanda, nyuma y'uko abanyamuryango bayo mu ntara y'iburasirazuba bafashwe bakabanza kujyanwa mu ibazwa ubwo bari bitabiriye inteko rusange. <br class='autobr' /> Umuyobozi w'ishyaka riharanira Demukarasi no kurengera ibidukikije (DPGR), Hon. Dr. Habineza Frank ibi yabigarutseho mu kiganiro n'abanyamakuru, kuri uyu wa gatanu, tariki 29 Werurwe 2024 nyuma ya Kongere yabereye mu karere ka (…)</p> - <a href="https://www.bwiza.com/?-politiki-" rel="directory">politiki</a> <img src='https://www.bwiza.com/local/cache-vignettes/L150xH100/dpgr_karongi-8fa85.jpg?1714318689' class='spip_logo spip_logo_right' width='150' height='100' alt="" /> <div class='rss_texte'><p>Ubuyobozi bw'ishyaka riharanira Demukarasi no kurengera ibidukikije (DPGR), bwatangaje ko nta kibazo rifitanye na Polisi y'u Rwanda, nyuma y'uko abanyamuryango bayo mu ntara y'iburasirazuba bafashwe bakabanza kujyanwa mu ibazwa ubwo bari bitabiriye inteko rusange.</p> <p>Umuyobozi w'ishyaka riharanira Demukarasi no kurengera ibidukikije (DPGR), Hon. Dr. Habineza Frank ibi yabigarutseho mu kiganiro n'abanyamakuru, kuri uyu wa gatanu, tariki 29 Werurwe 2024 nyuma ya Kongere yabereye mu karere ka Karongi, ho mu ntara y'iburengerazuba.</p> <p>Ati "Ubwo twakoraga Kongere mu ntara y'iburasirazuba, abanyamuryango 33 bari bayitabiriye baturutse mu karere ka Kirehe, bageze muri gare y'akarere ka Ngoma basanga Aba Polisi batatu, babategereje babatwara mu cyumba cy'inama, uwabafashe nyuma yaje kuvugana n'Umuyobozi wa Polisi mu karere amubwira ko hari itsinda ryavuye Kirehe yafashe undi amusubiza ko azi igikorwa bajemo. Nk'ishyaka twasanze nta Dosiye irimo ku buryo twayikurikirana."</p> <p>Akomeza avuga ko Polisi y'Igihugu nta mugambi mubi yigeze igira wo kuba yagirira abanyamuryango b'Ishyaka (DPGR), ahubwo ko ibyakozwe byari mu nshingano za Polisi zo kuba bakurikirana igihe babonye amakuru.</p> <p>Dr. Habineza yahamije kandi ko abayoboyoboke 4 b'ishyaka Green mu ntara y'iburasirazuba bari baburiwe irengero bajr kuboneka, kandi nta kibazo bafite.</p> <p>Iyi nkuru tuyigarutseho, nyuma y'uko kuwa 22 Werurwe 2024 mu kiganiro Dr. Habineza yahaye itangazamakuru mu karere ka Ngoma, yari yatangaje ko hari abarwanashyaka ba DPGR bahohotewe n'aba Polisi.</p> <p>Nyuma yo gufata uhagarariye iri shyaka ku karere ka Kirehe bakamwambika amapingu, avuga ko habayeho gukorana na Polisi y'Igihugu, bagasanga ibyakozwe byari mu nshingano zayo.</p> <p><strong>Si ubwa mbere ishyaka DPGR rihurira n’ibibazo mu ntara y’Uburasirazuba</strong></p> <p>Muri Kamena 2023, ubwo urubyiruko rwo muri iri shyaka rwari rwahuriye i Kayonza muri kongere yo ku rwego rw’Intara, ubuyobozi bw'imwe muri Hotel zaho, bwanze ko iyo kongere iba nyamara Hoteli yari yaramaze kwishyurwa 70% by’amafaranga yari yarasabye.</p> <p>Icyo gihe byabaye ngombwa ko ubuyobozi bw’Ishyaka DPGR bwitabaza Meya wa Kayonza, Nyemazi Bosco; asaba iriya Hoteli kwemera ririya shyaka gukora kongere yaryo.</p> <div class='spip_document_54148 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende' data-legende-len="91" data-legende-lenx="xx" > <figure class="spip_doc_inner"> <a href='https://www.bwiza.com/IMG/jpg/gj1c0jwxsaal5dj.jpg' class="spip_doc_lien mediabox" type="image/jpeg"> <img src='https://www.bwiza.com/local/cache-vignettes/L500xH333/gj1c0jwxsaal5dj-8a60f.jpg?1714318689' width='500' height='333' alt='' /></a> <figcaption class='spip_doc_legende'> <div class='spip_doc_descriptif '>Hon. Dr. Habineza Frank ubwo yari ageze ahagomba kubera kongere mu ntara y'iburengerazuba </div> </figcaption></figure> </div> <div class='spip_document_54147 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende' data-legende-len="66" data-legende-lenx="xx" > <figure class="spip_doc_inner"> <a href='https://www.bwiza.com/IMG/jpg/dpgr_karongi.jpg' class="spip_doc_lien mediabox" type="image/jpeg"> <img src='https://www.bwiza.com/local/cache-vignettes/L500xH333/dpgr_karongi-29fa0.jpg?1714318689' width='500' height='333' alt='' /></a> <figcaption class='spip_doc_legende'> <div class='spip_doc_descriptif '>Abarwanashyaka ba DPGR mu ntara y'iburengerazuba bari babukereye </div> </figcaption></figure> </div></div> Afurika y'Epfo iri mu mafuti: Perezida Kagame https://www.bwiza.com/?Afurika-y-Epfo-iri-mu-mafuti-Perezida-Kagame https://www.bwiza.com/?Afurika-y-Epfo-iri-mu-mafuti-Perezida-Kagame 2024-03-26T06:05:14Z text/html en BABOU Bénjamin <p>Perezida Paul Kagame yanenze Afurika y'Epfo yohereje muri RDC ingabo zo kurwana ku ruhande ruriho umutwe wa FDLR, agaragaza ko bitari bikwiye. <br class='autobr' /> Afurika y'Epfo, Malawi na Tanzania bari mu bihugu bigize umuryango w'ibihugu byo muri Afurika y'Amajyepfo (SADC) byohereje ingabo zabyo muri Congo, mu rwego rwo gufasha FARDC za kiriya gihugu guhangana n'umutwe wa M23. <br class='autobr' /> Ni imirwano kandi izi ngabo zinafatanyamo n'umutwe wa FDLR uri mu yitabajwe na Guverinoma ya Kinshasa ngo iyifashe gutsinsura M23. (…)</p> - <a href="https://www.bwiza.com/?-politiki-" rel="directory">politiki</a> <img src='https://www.bwiza.com/local/cache-vignettes/L150xH115/26879207002_94bff478e4_b-4df89.jpg?1714318689' class='spip_logo spip_logo_right' width='150' height='115' alt="" /> <div class='rss_texte'><p><strong>Perezida Paul Kagame yanenze Afurika y'Epfo yohereje muri RDC ingabo zo kurwana ku ruhande ruriho umutwe wa FDLR, agaragaza ko bitari bikwiye.</strong></p> <p>Afurika y'Epfo, Malawi na Tanzania bari mu bihugu bigize umuryango w'ibihugu byo muri Afurika y'Amajyepfo (SADC) byohereje ingabo zabyo muri Congo, mu rwego rwo gufasha FARDC za kiriya gihugu guhangana n'umutwe wa M23.</p> <p>Ni imirwano kandi izi ngabo zinafatanyamo n'umutwe wa FDLR uri mu yitabajwe na Guverinoma ya Kinshasa ngo iyifashe gutsinsura M23.</p> <p>Perezida Paul Kagame mu kiganiro yagiranye n'ikinyamakuru Jeune Afrique, yagaragaje ko Afurika y'Epfo itakabaye yohereza Ingabo zayo muri RDC, agaragaza ko ibyo yakoze ari amafuti.</p> <p>Yagize ati: "Afurika y’Epfo iri mu mafuti kandi ntibyari bikwiriye. Ukurikije amateka yayo, umubano wayo n’ibindi bibazo, kuki yakwivanga muri ibi bintu? Hari ibintu bidashoboka, niko kuri kandi hari impamvu zumvikana. Simbona buryo ki Afurika y’Epfo yakumva itekanye iri gukora akazi k’abandi, ni ukuvuga kurwana intambara mu cyimbo cya Congo".</p> <p>Umukuru w'Igihugu yakomeje avuga ko atumva impamvu Afurika y'Epfo nk'igihugu gisobanukiwe intandaro y'ibibazo biri muri RDC yahisemo "kurwana ku ruhande rwa FDLR igizwe n’abantu barimbuye abaturage bacu".</p> <p>Yunzemo ati: "Ntabwo numva uburyo Afurika y’Epfo yajya muri Congo kurwanya abantu bari guharanira uburenganzira bwabo. M23 n’abo irwanira, icyo barwanira ni ugusubizwa ubwenegihugu bambuwe no gufatwa nk’abaturage ba Congo. Ni abanye-Congo, na Tshisekedi ntabwo abihakana. Barahohoterwa ku manywa y’ihangu".</p> <p>Perezida Paul Kagame yananenze kandi SADC yose yemeye guhuza imbaraga na FDLR, agaragaza ko kuba ingabo zayo zaremeye gukurikiza amabwiriza zahawe na Tshisekedi bisobanuye ko ibyo zirimo biganisha ku gushoza intambara ku Rwanda Kinshasa ishinja gufasha M23.</p></div> Intumwa zo mu rwego rwo hejuru z'u Rwanda na RDC zahuriye i Luanda https://www.bwiza.com/?Intumwa-zo-mu-rwego-rwo-hejuru-z-u-Rwanda-na-RDC-zahuriye-i-Luanda https://www.bwiza.com/?Intumwa-zo-mu-rwego-rwo-hejuru-z-u-Rwanda-na-RDC-zahuriye-i-Luanda 2024-03-22T08:21:39Z text/html en BABOU Bénjamin <p>Intumwa zo mu rwego rwo hejuru z'u Rwanda n'iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Kane zahuriye i Luanda muri Angola mu nama yari igamije gusuzumira hamwe ikibazo cy'umutekano muke wo mu burasirazuba bwa Congo. <br class='autobr' /> Intumwa z'u Rwanda zari ziyobowe na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Dr Vincent Biruta, mu gihe iza RDC zari ziyobowe na Minisitiri w'Intebe wungirije akanaba Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Christophe Lutundula. <br class='autobr' /> Kugeza ubu ntiharamenyekana ibyemerejwe muri iriya (…)</p> - <a href="https://www.bwiza.com/?-politiki-" rel="directory">politiki</a> <img src='https://www.bwiza.com/local/cache-vignettes/L150xH98/gridart_20240322_101932327-b80d9.jpg?1714318689' class='spip_logo spip_logo_right' width='150' height='98' alt="" /> <div class='rss_texte'><p><strong>Intumwa zo mu rwego rwo hejuru z'u Rwanda n'iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Kane zahuriye i Luanda muri Angola mu nama yari igamije gusuzumira hamwe ikibazo cy'umutekano muke wo mu burasirazuba bwa Congo.</strong></p> <p>Intumwa z'u Rwanda zari ziyobowe na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Dr Vincent Biruta, mu gihe iza RDC zari ziyobowe na Minisitiri w'Intebe wungirije akanaba Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Christophe Lutundula.</p> <p>Kugeza ubu ntiharamenyekana ibyemerejwe muri iriya nama.</p> <p>Intumwa z'ibihugu byombi cyakora zahuye mu gisa nanone nko gutegura umuhuro wa ba Perezida Paul Kagame na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi.</p> <p>Aba bombi mu kwezi gushize kwa Gashyantare n'uku turimo kwa Werurwe bahuriye i Luanda na Perezida João Lourenço wa Angola usanzwe ari umuhuza mu bibazo by'ibihugu byombi washyizweho n'Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, bamwemerera guhura mu rwego rwo gushakira umuti ikibazo cy'amakimbirane ariho.</p> <p>Kugeza ubu ntiharamenyekana igihe n'ahantu Kagame na Tshisekedi bazahurira, gusa byitezwe ko bashobora guhurira i Luanda.</p> <p>U Rwanda na Congo bimaze imyaka ibiri birebana ay'ingwe kubera amakimbirane amaze imyaka irenga ibiri abera mu ntara ya Kivu y'Amajyaruguru.</p> <p>Ni umwuka mubi wageze ku rwego rw'uko Tshisekedi akangisha u Rwanda kurushozaho intambara mbere yo guhirika ubutegetsi buyobowe na Perezida Paul Kagame.</p> <p>Kugeza ubu imirwano iracyajya mbere hagati y'ihuriro ry'Ingabo za Guverinoma ya RDC n'inyeshyamba za M23 zikomeje kwigarurira ibice bitandukanye by'intara ya Kivu y'Amajyaruguru.</p> <p>Kinshasa ishinja u Rwanda kuba ari rwo ruha ubufasha uyu mutwe, burimo ubw'ibikoresho n'ubw'ingabo.</p> <p>Ni ibirego u Rwanda rwakunze guhakana, ahubwo rukagaragaza ko rutehwe impungenge n'imikoranire imaze igihe iri hagati y'Ingabo za RDC n'inyeshyamba zo mu mutwe w'iterabwoba wa RDC.</p> <p>U Rwanda kandi rwakunze gutanga umuburo w'uko nta muntu n'umwe ruzigera rusaba uruhushya rwo kurinda umutekano warwo, mu gihe cyose rubona ubangamiwe n'ihuriro rya FARDC na FDLR.</p> <p>Hagati aho abakurikiranira hafi ibibazo by'ibihugu byombi babona nta musaruro ugaragara ibiganiro byamaze gutegurwa bizazane, bijyanye n'uko Kinshasa yarahiye ko itazigera iganira na na M23.</p> <p>Ni mu gihe u Rwanda rushinjwa guha ubufasha uyu mutwe na rwo rwakunze kugaragaza ko ntaho ruhuriye na wo, ahubwo rugashimangira ko ibibazo ufitanye n'ubutegetsi bw'i Kinshasa bireba bo ubwabo nk'abanye-Congo.</p></div> Amagambo Perezida Kagame yabwiye Tshisekedi ubwo FARDC yarasaga mu Kinigi https://www.bwiza.com/?Amagambo-Perezida-Kagame-yabwiye-Tshisekedi-ubwo-FARDC-yarasaga-mu-Kinigi https://www.bwiza.com/?Amagambo-Perezida-Kagame-yabwiye-Tshisekedi-ubwo-FARDC-yarasaga-mu-Kinigi 2024-03-15T04:25:00Z text/html en BABOU Bénjamin In Slide Amamenyesha <p>Perezida Paul Kagame yatangaje ko ubwo Ingabo za Congo zarasaga ibisasu mu Kinigi ho mu karere ka Musanze yihanangirije mugenzi Félix Antoine Tshisekedi, gusa bikarangira RDC yanze guhagarika ubushotoranyi bwayo ku Rwanda. <br class='autobr' /> Umukuru w'Igihugu yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana n'umunyamakuru James Smart ukorera Televiziyo ya NTV yo muri Kenya. <br class='autobr' /> Perezida Kagame yakomeje ku bisasu ingabo za RDC zarashe mu Kinigi mu myaka ibiri ishize, ubwo yari abajijwe niba hari ingabo u (…)</p> - <a href="https://www.bwiza.com/?-politiki-" rel="directory">politiki</a> / <a href="https://www.bwiza.com/?+-In-Slide-+" rel="tag">In Slide</a>, <a href="https://www.bwiza.com/?+-Amamenyesha-+" rel="tag">Amamenyesha</a> <img src='https://www.bwiza.com/local/cache-vignettes/L150xH93/jad20220608-ass-rdc-rwanda_copy_1000x620-7c333.jpg?1714318689' class='spip_logo spip_logo_right' width='150' height='93' alt="" /> <div class='rss_texte'><p><strong>Perezida Paul Kagame yatangaje ko ubwo Ingabo za Congo zarasaga ibisasu mu Kinigi ho mu karere ka Musanze yihanangirije mugenzi Félix Antoine Tshisekedi, gusa bikarangira RDC yanze guhagarika ubushotoranyi bwayo ku Rwanda.</strong></p> <p>Umukuru w'Igihugu yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana n'umunyamakuru James Smart ukorera Televiziyo ya NTV yo muri Kenya.</p> <p>Perezida Kagame yakomeje ku bisasu ingabo za RDC zarashe mu Kinigi mu myaka ibiri ishize, ubwo yari abajijwe niba hari ingabo u Rwanda rwaba rufite mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.</p> <p>Ni nyuma y'igihe rusabwa n'ibihugu ndetse n'imiryango ikomeye ku Isi "guhagarika ubufasha kuri M23 ndetse no kuvana bwangu ingabo zarwo ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo".</p> <p>Perezida Paul Kagame yongeye gushimangira ko mu gihe cyose umutekano w'u Rwanda ubangamiwe, ntawe akwiye gusaba uburenganzira bwo kuwurinda.</p> <p>Ati: "Navugiye imbere ya Camera ko mu gihe umutekano w'u Rwanda ubangamiwe, nta muntu n'umwe nkenera gusaba uruhushya rw'icyo ari cyo cyose nsabwa gukora kugira ngo Abanyarwanda barindwe".</p> <p>Umukuru w'Igihugu yasobanuye ko ubwo FARDC yarasaga bwa mbere mu Kinigi yihanangirije Tshisekedi akanamusaba ibisobanuro, gusa bikarangira undi yanze kumva.</p> <p>Ati: "Muri 2022 ubwo Ingabo za RDC zarasaga inshuro eshatu ku butaka bwacu zikoresheje imizinga iremereye, nabwiye buri wese harimo n'abayobozi ba Congo. Byabaye rimwe hanyuma dukorera inama i Nairobi ndetse na Perezida wa Congo yariyo. Naramubwiye nti 'ibi ni ukurengera, uri kujya kure cyane'".</p> <p>Yakomeje agira ati: "Hari bimwe mu bisobanuro yampaye, nanjye ndamubwira nti 'mu gihe cyose ibisobanuro ari byiza ndibubyemere, nta kibazo kibirimo'".</p> <p>Perezida Kagame yavuze ko bisa nk'aho Tshisekedi yafashe ibyo yamubwiye nk'ibyoroshye, kuko nyuma y'inama ya Nairobi ibyo yari yamwihanangirije byongeye kubaho ku nshuro ya kabiri ndetse n'iya gatatu.</p> <p>Yunzemo ko nyuma y'uko FARDC yari imaze kurasa mu majyaruguru yifashishije ibibunda byo mu bwoko bwa BM21 ikica abaturage ari bwo yasobanukiwe ko ntawe akwiriye gusaba uruhushya rwo kurindira umutekano u Rwanda.</p> <p>Umukuru w'igihugu kandi yavuze ko ubwo RDC yashinjaga u Rwanda kohereza ingabo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, abo mu bihugu bikomeye bamuhamagaye bakamubwira ibyo agomba gukora, abasubiza ko azakora ibishoboka kugira ngo ibindi bisasu bitazongera kuraswa ku butaka bw’u Rwanda.</p> <p>Ati: "Barampamagaye, bambwira icyo ngomba gukora n’icyo kureka. Narababwiye nti ‘Ndabumva, ndabashimira’ ariko nababwiye ko nzakora ibishoboka kugira ngo hatazagira imbunda ziremereye zongera kurasa ku butaka bw’u Rwanda. Mfite iyo nshingano, ni yo mpamvu ndi Perezida kandi mbere y’uko mba Perezida, nanatangaga umusanzu mu rugamba rwo kugira ngo iki gihugu kigire impinduka zikiganisha aheza.â€</p></div> Ingabire Victoire ni umunyabyaha washatse guhirika ubutegetsi bw'u Rwanda: Makolo https://www.bwiza.com/?Ingabire-Victoire-ni-umunyabyaha-washatse-guhirika-ubutegetsi-bw-u-Rwanda https://www.bwiza.com/?Ingabire-Victoire-ni-umunyabyaha-washatse-guhirika-ubutegetsi-bw-u-Rwanda 2024-03-14T05:22:23Z text/html en BABOU Bénjamin In Slide Amamenyesha <p>Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo, yagaragaje Ingabire Victoire Umuhoza nk'"umunyabyaha utajya wihana", aho kuba impirimbanyi ya demukarasi nk'uko we abivuga. <br class='autobr' /> Makolo yasaga n'usubiza uyu munyapolitiki ukuriye ishyaka Dalfa-Umurinzi wagaragaje ko atigeze anyurwa no kuba ubutabera bw'u Rwanda bwaranze kumuhanaguraho ubusembwa. <br class='autobr' /> Ku wa Gatatu tariki ya 13 Werurwe ni bwo Urukiko Rukuru rwateye utwatsi ubusabe bwa Ingabire Victoire Umuhoza wari wararwitabaje arusaba (…)</p> - <a href="https://www.bwiza.com/?-politiki-" rel="directory">politiki</a> / <a href="https://www.bwiza.com/?+-In-Slide-+" rel="tag">In Slide</a>, <a href="https://www.bwiza.com/?+-Amamenyesha-+" rel="tag">Amamenyesha</a> <img src='https://www.bwiza.com/local/cache-vignettes/L150xH99/gridart_20240314_71941414_copy_1000x659-f0829.jpg?1714318689' class='spip_logo spip_logo_right' width='150' height='99' alt="" /> <div class='rss_texte'><p><strong>Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo, yagaragaje Ingabire Victoire Umuhoza nk'"umunyabyaha utajya wihana", aho kuba impirimbanyi ya demukarasi nk'uko we abivuga.</strong></p> <p>Makolo yasaga n'usubiza uyu munyapolitiki ukuriye ishyaka Dalfa-Umurinzi wagaragaje ko atigeze anyurwa no kuba ubutabera bw'u Rwanda bwaranze kumuhanaguraho ubusembwa.</p> <p>Ku wa Gatatu tariki ya 13 Werurwe ni bwo Urukiko Rukuru rwateye utwatsi ubusabe bwa Ingabire Victoire Umuhoza wari wararwitabaje arusaba kumuhanaguraho ubusembwa, kugira ngo azemererwe kwiyamamaza mu matora y'Umukuru w'Igihugu ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka.</p> <p>Ni Ingabire wari warafunzwe muri 2013 ahamijwe ibyaha byo kugambanira igihugu agamije kukibuza umudendezo ndetse no kurema umutwe w’abagizi ba nabi, ariko akaza gufungurwa muri 2018 ku mbabazi za Perezida Paul Kagame.</p> <p>Uyu mugore nyuma y'umwanzuro w'urukiko umugaragaza nk'udakwiye guhabwa ihanagurwabusembwa, yagaragaje u Rwanda nk'igihugu kidakurikiza amategeko.</p> <p>Ati: "Iyo mvuze ko tutarubaka igihugu kigendera ku mategeko ni ibi mba mvuga."</p> <p>Mu itangazo yasohoye kandi yavuze ko "uyu mwanzuro uje mu bihe bikomeye u Rwanda rwiteguramo amatora y’abadepite n’aya Perezida wa Repubulika nizeraga kwiyamamazamo, ngatanga ubuvugizi ku mpinduka za demukarasi".</p> <p>Ingabire Victoire yavuze ko kuba urukiko rwanze kumuhanaguraho ubusembwa atari igihombo kuri we gusa, ko ahubwo ari "ikimenyetso cyerekana ibibazo bitandukanye igihugu cyacu gihura na byo, ibibazo imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ndetse n’abafatanyabikorwa b’u Rwanda mu iterambere bamaze igihe banenga".</p> <p>Yavuze kandi ko umwanzuro wo kuri uyu wa Gatatu ugaragaza impungenge z’uko ubutabera bw’u Rwanda butigenga, ikindi ukaba werekana icyo yise inzitizi zikiri ku bifuza kugira uruhare muri Politiki n’abaharanira amavugurura yihuse mu miyoborere y’igihugu.</p> <p>Yunzemo ko n'ubwo yagumanye ubusembwa bwe atazahwema "gukomeza urugamba rw’uko mu Rwanda habaho demukarasi nyayo ndetse gukomeza gutanga ubuvugizi bw’uko uburenganzira bwa muntu n’amategeko byubahirizwa".</p> <p>Amagambo y'uyu munyapolitiki yasamiwe hejuru n'ibinyamakuru mpuzamahanga, byandika inkuru zigaragaza ko yabujijwe kwiyamamaza.</p> <p>Ikinyamakuru The Guardian mu nkuru yacyo yo ku wa Gatatu cyanditse ko "umuyobozi utavuga rumwe n'ubutegetsi bw'u Rwanda yakumiriwe mu matora kubera ibyaha yigeze guhamywa".</p> <p>Umuvugizi wa Guverinoma y'u Rwanda, Yolande Makolo ubwo yavugaga kuri iyi nkuru, yagaragaje ko Ingabire Victoire atari umuyobozi utavuga rumwe n'ubutegetsi ko ahubwo ari umugizi wa nabi wigeze kugerageza guhirika ubutegetsi bw'u Rwanda.</p> <p>Ati: "Victoire Ingabire si umuyobozi utavuga rumwe n'ubutegetsi cyangwa uharanira demukarasi. Ni umunyabyaha utajya wihana wahamwe n'icyaha cyo gushaka guhirika ubutegetsi akoresheje inzira z'urugomo, no gushaka kwimika amacakubiri ashingiye ku moko mu Rwanda".</p> <p>Makolo yunzemo ko ubutabera bw'u Rwanda bwanze kumuhanaguraho ubusembwa ari ubwo gushimirwa, kuko bwongeye gushimangira ukugendera ku mategeko.</p></div> Urukiko rwateye utwatsi ubusabe bwa Ingabire Victoire https://www.bwiza.com/?Urukiko-rwateye-utwatsi-ubusabe-bwa-Ingabire-Victoire https://www.bwiza.com/?Urukiko-rwateye-utwatsi-ubusabe-bwa-Ingabire-Victoire 2024-03-13T12:15:17Z text/html en BABOU Bénjamin <p>Urukiko Rukuru kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Werurwe, rwateye utwatsi ubusabe bw'umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza wari wararwitabaje ngo rumuhanagureho ubusembwa. <br class='autobr' /> Ku wa 14 Gashyantare ni bwo uru rukiko rwumvise ikirego Ingabire yari yararugejejeho asaba gukurirwaho ubusembwa, nyuma yo gufungwa muri 2013 ahamijwe ibyaha byo kugambanira igihugu agamije kukibuza umudendezo ndetse no kurema umutwe w’abagizi ba nabi, ariko akaza gufungurwa muri 2018 ku mbabazi za Perezida Paul (…)</p> - <a href="https://www.bwiza.com/?-politiki-" rel="directory">politiki</a> <img src='https://www.bwiza.com/local/cache-vignettes/L150xH128/ingabire_victoire_akomeje_kwibazwa_nyuma_yo_gusaba_urukiko_ko_yakurirwaho_ubusembwa_akabasha_gukomeza_ibikorwa_bye_bya_politiki-c0886_1_copy_1000x850-6f31d.jpg?1714318689' class='spip_logo spip_logo_right' width='150' height='128' alt="" /> <div class='rss_texte'><p><strong>Urukiko Rukuru kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Werurwe, rwateye utwatsi ubusabe bw'umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza wari wararwitabaje ngo rumuhanagureho ubusembwa.</strong></p> <p>Ku wa 14 Gashyantare ni bwo uru rukiko rwumvise ikirego Ingabire yari yararugejejeho asaba gukurirwaho ubusembwa, nyuma yo gufungwa muri 2013 ahamijwe ibyaha byo kugambanira igihugu agamije kukibuza umudendezo ndetse no kurema umutwe w’abagizi ba nabi, ariko akaza gufungurwa muri 2018 ku mbabazi za Perezida Paul Kagame.</p> <p>Uyu munyapolitiki yari yitabaje urukiko ngo rumuhanagureho ubusembwa, hanyuma azemererwe kwiyamamaza mu matora y'Umukuru w'Igihugu ateganyijwe ku wa 15 Nyakanga.</p> <p>Mu rubanza rwo mu kwezi gushize Ingabire Victoire yabwiye umucamanza ko nyuma yo gufungurwa yatangiye kubahiriza ibyo itegeko ry’imbabazi ryamusabaga ndetse no gukurikiza inama yagiriwe n’ubuyobozi, ndetse anihatira gukurikiza gahunda za leta no kubana n’abandi mu mahoro.</p> <p>Icyo gihe yavuze kandi ko yubahirije gahunda yo kwitaba umushinjacyaha wo ku rwego rw’ibanze aho atuye nk’uko bisabwa, uretse mu gihe cy’icyorezo cya Covid-19 kuko ngo nk’umuntu wari mu kiciro cy’abafite ingorane nyinshi zo kwandura yitwararitse yubahiriza gahunda ya ‘guma mu rugo’.</p> <p>Yabwiye urukiko ko igihe cy’imyaka itanu cyateganyijwe gusaba gukurirwaho ubusembwa nyuma yo gufungurwa kigeze, ibyatumye ahitamo kurwitabaza.</p> <p>Ubusabe bwe cyakora bwatewe utwatsi n'ubushinjacyaha bwagaragaje ko atubahirije uko bikwiye itegeko ryo kubonana n’umushinjacyaha wo ku rwego rw’ibanze inshuro imwe mu kwezi, kuko hari igihe atajyagayo.</p> <p>Bwavuze kandi ko Ingabire yagize imyitwarire mibi ari na yo mpamvu ngo RIB kuva muri 2019 yatangiye kumukoraho iperereza kuri dosiye eshatu kugeza ubu zitarashykirizwa ubushinjacyaha, ikindi ibyaha by’ubugambanyi no gupfobya jenoside yahamijwe n’inkiko ari ibyaha bikomeye ku buryo ubihamijwe adakwiye guhabwa ihanagurwabusembwa.</p> <p>Urukiko Rukuru mu mwanzuro w'urubanza rwasomye kuri uyu wa Gatatu rwatesheje agaciro ubusabe bwa Ingabire Victoire, bumwima ihanagurwabusembwa.</p> <p>Uyu munyapolitiki ukuriye ishyaka DALFA-Umurinzi mu itangazo yasohoye nyuma ya kiriya cyemezo, yagaragaje ko yababajwe no kuba urukiko rwanze kumuhanaguraho ubusembwa.</p> <p>Yavuze ko "uyu mwanzuro uje mu bihe bikomeye u Rwanda rwiteguramo amatora y'abadepite n'aya Perezida wa Repubulika nizeraga kwiyamamazamo, ngatanga ubuvugizi ku mpinduka za demukarasi".</p> <p>Ingabire Victoire yavuze ko kuba urukiko rwanze kumuhanaguraho ubusembwa atari igihombo kuri we gusa, ko ahubwo ari "ikimenyetso cyerekana ibibazo bitandukanye igihugu cyacu gihura na byo, ibibazo imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ndetse n'abafatanyabikorwa b'u Rwanda mu iterambere bamaze igihe banenga".</p> <p>Yavuze kandi ko umwanzuro wo kuri uyu wa Gatatu ugaragaza impungenge z'uko ubutabera bw'u Rwanda butigenga, ikindi ukaba werekana icyo yise inzitizi zikiri ku bifuza kugira uruhare muri Politiki n'abaharanira amavvugurura yihuse mu miyoborere y'igihugu.</p> <p>Ingabire yavuze ko n'ubwo yagumanye ubusembwa bwe atazahwema "gukomeza urugamba rw'uko mu Rwanda habaho demukarasi nyayo ndetse gukomeza gutanga ubuvugizi bw'uko uburenganzira bwa muntu n'amategeko byubahirizwa".</p></div> Perezida Kagame yemeje ko azashyigikira kandidatire ya Raila Odinga https://www.bwiza.com/?Perezida-Kagame-yemeje-ko-azashyigikira-kandidatire-ya-Raila-Odinga https://www.bwiza.com/?Perezida-Kagame-yemeje-ko-azashyigikira-kandidatire-ya-Raila-Odinga 2024-03-13T09:39:34Z text/html en BABOU Bénjamin In Slide Amamenyesha <p>Perezida Paul Kagame yatangaje ko azashyigikira kandidatire y'umunya-Kenya Raila Odinga uri mu biyamamariza kuyobora Komisiyo y'Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU). <br class='autobr' /> Umukuru w'Igihugu yatangaje ko azashyigikira kandidatire ye ubwo yaganiraga na Televiziyo ya NTV yo muri Kenya. <br class='autobr' /> Ati: "Raila ndamwubaha, nzi intambara yarwanye". <br class='autobr' /> Perezida Kagame by'umwihariko yagaragaje ko Raila Odinga yakoze akazi gakomeye, ubwo hagati ya 2018 na 2023 yari intumwa nkuru y'Umuryango wa Afurika yunze (…)</p> - <a href="https://www.bwiza.com/?-politiki-" rel="directory">politiki</a> / <a href="https://www.bwiza.com/?+-In-Slide-+" rel="tag">In Slide</a>, <a href="https://www.bwiza.com/?+-Amamenyesha-+" rel="tag">Amamenyesha</a> <img src='https://www.bwiza.com/local/cache-vignettes/L150xH94/20240313_112618_copy_1000x628-00541.jpg?1714318689' class='spip_logo spip_logo_right' width='150' height='94' alt="" /> <div class='rss_texte'><p><strong>Perezida Paul Kagame yatangaje ko azashyigikira kandidatire y'umunya-Kenya Raila Odinga uri mu biyamamariza kuyobora Komisiyo y'Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).</strong></p> <p>Umukuru w'Igihugu yatangaje ko azashyigikira kandidatire ye ubwo yaganiraga na Televiziyo ya NTV yo muri Kenya.</p> <p>Ati: "Raila ndamwubaha, nzi intambara yarwanye".</p> <p>Perezida Kagame by'umwihariko yagaragaje ko Raila Odinga yakoze akazi gakomeye, ubwo hagati ya 2018 na 2023 yari intumwa nkuru y'Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ishinzwe iterambere n'ibikorwa remezo.</p> <p>Ati: "Yakoze akazi keza muri ibyo, kandi yari abisobanukiwe neza. Tuzamushyigikira, kandi ndamwifuriza ibyiza. Si ukumushyigikira gusa, ahubwo naba ari na hariya [muri AU] tuzamuha ubufasha kugira ngo Afurika igere ku ntego zayo."</p> <p>Perezida Paul Kagame yatangaje ko azashyigikira kandidatire ya Raila Odinga, nyuma y'iminsi mike yakiriye i Kigali uyu munyapolitiki wabaye Minisitiri w'Intebe wa Kenya hagati ya 2008 na 2013.</p> <p>Ku wa 8 Werurwe ni bwo Odinga yagiriye uruzinduko i Kigali, yakirwa muri Village Urugwiro na Perezida Paul Kagame.</p> <p>Ibiro by'Umukuru w'Igihugu icyo gihe byatangaje ko bombi baganiriye "ku ngingo zitandukanye zifitiye inyungu akarere ndetse n'umugabane".</p> <p>Biteganyijwe ko muri Gashyantare umwaka utaha ari bwo hazatorwa Perezida mushya wa Komisiyo ya AU ugomba gusimbura umunya-Tchad, Moussa Faki Mahamat uri kuri uriya mwanya kuva muri 2017.</p> <p>Perezida wa Komisiyo ya AU atorerwa mu nteko rusange y'uyu muryango.</p> <p>Usibye Perezida Kagame wemeje ko azashyigikira kandidatire ya Raila Odinga, mu mpera z'ukwezi gushize uyu munyapolitiki w'imyaka 78 y'amavuko yatangaje ko ba Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania na Salva Kiir wa Sudani y'Epfo na bo bamwemereye kuzamushyigikira.</p> <p>Odinga kandi yanahawe iryo sezerano na ba Perezida William Ruto wa Kenya cyo kimwe na Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda.</p> <p>Usibye uyu munya-Kenya, undi watangaje ko aziyamamariza uriya mwanya ni Fawzia Yusuf Adam wahoze ari Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Somalia.</p> <p>Mu Adam yaba atowe, yaba umugore wa kabiri uyoboye Komisiyo ya AU nyuma y'umunya-Afurika y'Epfo Nkosazana Dlamini-Zuma.</p></div> Perezida Kagame yemeye guhura na Tshisekedi https://www.bwiza.com/?Perezida-Kagame-yemeye-guhura-na-Tshisekedi https://www.bwiza.com/?Perezida-Kagame-yemeye-guhura-na-Tshisekedi 2024-03-12T05:48:55Z text/html en BABOU Bénjamin In Slide <p>Perezida Paul Kagame yemeye guhura na mugenzi we Felix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk'uko bitangazwa na Guverinoma ya Angola. <br class='autobr' /> Umukuru w'Igihugu yabyemeye ku wa Mbere tariki ya 11 Werurwe, ubwo yakirwaga i Luanda na mugenzi we Joao Lourenco wa Angola usanzwe ari umuhuza w'Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe mu makimbirane ari hagati ya RDC n'u Rwanda. <br class='autobr' /> Perezidansi y'u Rwanda yatangaje ko abakuru b'ibihugu byombi "baganiriye ku kibazo cy'umutekano muke uri (…)</p> - <a href="https://www.bwiza.com/?-politiki-" rel="directory">politiki</a> / <a href="https://www.bwiza.com/?+-In-Slide-+" rel="tag">In Slide</a> <img src='https://www.bwiza.com/local/cache-vignettes/L150xH100/giz6-mewuaa5hno-35f7e.jpg?1714318689' class='spip_logo spip_logo_right' width='150' height='100' alt="" /> <div class='rss_texte'><p><strong>Perezida Paul Kagame yemeye guhura na mugenzi we Felix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk'uko bitangazwa na Guverinoma ya Angola.</strong></p> <p>Umukuru w'Igihugu yabyemeye ku wa Mbere tariki ya 11 Werurwe, ubwo yakirwaga i Luanda na mugenzi we Joao Lourenco wa Angola usanzwe ari umuhuza w'Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe mu makimbirane ari hagati ya RDC n'u Rwanda.</p> <p>Perezidansi y'u Rwanda yatangaje ko abakuru b'ibihugu byombi "baganiriye ku kibazo cy'umutekano muke uri mu burasirazuba bwa RDC, bumvikana ku ntambwe z'ingenzi zigamije gukemura umuzi w'amakimbirane, ndetse no gukomeza gushyigikira ibiganiro bya Luanda na Nairobi kugira ngo amahoro n'umutekano bigerweho mu karere."</p> <p>Perezida Kagame na Tshisekedi bamaze igihe kirekire badacana uwaka, bijyanye n'uko uyu Perezida wa RDC amushinja gutera igihugu cye biciye mu bufasha amurega guha umutwe wa M23.</p> <p>U Rwanda rwakunze guhakana ibyo birego, ahubwo rukagaragaza ko rutewe impungenge no kuba RDC yarihuje n'umutwe wa FDLR ugammbiriye guhungabanya umutekano w'u Rwanda. Impande zombi zimaze igihe zifatanya mu ntambara ingabo za RDC zihanganyemmo na M23, nk'uko bigaragazwa na raporo z'impuguke za Loni kuri RDC.</p> <p>Ba Perezida Kagame na Tshisekedi kuva muri 2022 bahuriye inshuro nyinshi mu biganiro byabaga bigabije guhoshya umwuka mubi, kugeza mu mwaka ushize Tshisekedi yivumvuye ndetse agatangaza ku mugaragaro ko adateze kongera guhura na mugenzi we w'u Rwanda.</p> <p>Mbere y'uko Perezida Kagame yakirwa i Luanda na Lourenco, Tshisekedi ni we wari wabanjeyo mu mpera z'ukwezi gushize kwa Gashyantare.</p> <p>Nyuma y'uruzinduko rwe Angola yatangaje ko yemeye kuva ku izima agahura na mugenzi we w'u Rwanda.</p> <p>Ni Tshisekedi waherukaga kubwira abanyamakuru i Kinshasaa ko yiteguye kugirana ibiganiro n'ubutegetsi bw'u Rwanda, ariko ko atazigera abigirana n'umutwe wa M23 umaze imyaka irenga ibiri warigaruriye ibice bitandukanye by'intara ya Kivu y'Amajyaruguru.</p> <p>Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Angola, Amb. Tete Antonio, ku wa Mbere yatangaje ko Perezida Kagame na we yemeye kuba yakongera guhura imbonankubone na Tshisekedi bakaganira.</p> <p>Yunzemo ko Perezida Lourenco ari we ugomba kugena itariki n'ahantu bariya bakuru b'ibihugu byombi bazahurira.</p></div> U Burundi bwihindutse u Rwanda rubushinja guhuza imbaraga na FDLR https://www.bwiza.com/?U-Burundi-bwihindutse-u-Rwanda-rubushinja-guhuza-imbaraga-na-FDLR https://www.bwiza.com/?U-Burundi-bwihindutse-u-Rwanda-rubushinja-guhuza-imbaraga-na-FDLR 2024-03-06T16:30:54Z text/html en BABOU Bénjamin In Slide Amamenyesha <p>Guverinoma y'u Burundi yigaramye ibirego byo gucumbikira no kwifatanya n'abarwanyi b'umutwe wa FDLR ishinjwa n'u Rwanda, ahubwo irushinja kuba ari rwo rucumbikiye abarwanyi bo mu mutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bwayo. <br class='autobr' /> Ku wa 3 Werurwe Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Dr Vincent Biruta yandikiye ibaruwa Perezida wa Komisiyo y'Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, asaba uwo muryango kudashyigikira Ubutumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo muri RDC buzwi nka (…)</p> - <a href="https://www.bwiza.com/?-politiki-" rel="directory">politiki</a> / <a href="https://www.bwiza.com/?+-In-Slide-+" rel="tag">In Slide</a>, <a href="https://www.bwiza.com/?+-Amamenyesha-+" rel="tag">Amamenyesha</a> <img src='https://www.bwiza.com/local/cache-vignettes/L150xH100/fdlr-5-f9fd6.jpg?1714318689' class='spip_logo spip_logo_right' width='150' height='100' alt="" /> <div class='rss_texte'><p><strong>Guverinoma y'u Burundi yigaramye ibirego byo gucumbikira no kwifatanya n'abarwanyi b'umutwe wa FDLR ishinjwa n'u Rwanda, ahubwo irushinja kuba ari rwo rucumbikiye abarwanyi bo mu mutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bwayo.</strong></p> <p>Ku wa 3 Werurwe Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Dr Vincent Biruta yandikiye ibaruwa Perezida wa Komisiyo y'Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, asaba uwo muryango kudashyigikira Ubutumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo muri RDC buzwi nka SAMIDRC, bijyanye n'uko kubikora byaba bisa no kwenyegeza umuriro.</p> <p>Ni ubusabe u Rwanda rwagejeje kuri AU, nyuma yo kumenya ko hari inama y’Akanama k’Amahoro n’Umutekano kayo yari iteganyijwe ku wa 4 Werurwe yagombaga kwiga uko uriya muryango washyigikira SAMIDRC no kuyishakira ubufasha muri uyu muryango wa Afurika no mu bandi bafatanyabikorwa.</p> <p>SAMIRDC igizwe n'ingabo z'ibihugu bya SADC birimo Afurika y'Epfo, Malawi na Tanzania. Izi ngabo ni zimwe mu zigize ihuriro ry'Ingabo za Guverinoma ya RDC rinarimo FARDC, FDLR, Ingabo z'u Burundi, Wazalendo n'abacanshuro rimaze igihe rigaba ibitero ku nyeshyamba zo mu mutwe wa M23.</p> <p>Minisitiri Biruta yagaragarije AU ko SAMIDRC itagakwiye gushyigikirwa, mu gihe yiyunze ku barimo FDLR isanzwe ari ikibazo ku mutekano w'u Rwanda.</p> <p>Ati: "SAMIDRC nk’ingabo zigaba ibitero muri iri huriro ririmo iyi mitwe yose, ntabwo yasimbura ibiganiro bya politiki byakumiriwe na Leta ya RDC. Bityo, Afurika Yunze Ubumwe turayisaba kutemera cyangwa gutera inkunga SAMIDRC."</p> <p>Biruta kandi yamenyesheje Komisiyo ya AU ko FDLR, Perezida wFélix Tshisekedi wa RDC, na Evariste Ndayishimiye w’u Burundi bafite umugambi wo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda, nk’uko babyitangarije ku mugaragaro mu minsi ishize.</p> <p>Yasobanuye ko amagambo batangaje mu minsi ishize Leta y’u Rwanda yayahaye agaciro, hashingiwe ku bufatanye izi mpande zifite mu ntambara iri kubera muri RDC bwiyongeraho kuba u Burundi bwarakoranye n’umutwe witwaje intwaro wa CNRD-FLN wagiye ugaba ibitero mu Rwanda mu myaka yashize.</p> <p><strong>U Burundi bwigaramye FDLR, bushinja u Rwanda RED-Tabara</strong></p> <p>Guverinoma y'u Burundi biciye mu ibaruwa Minisitiri wabwo w'Ububanyi n'Amahanga, Albert Shingiro yandikiye Moussa Faki Mahamat, yigaramye imikoranire u Rwanda ruyishinja kugirana na FDLR.</p> <p>Shingiro yavuze ko "kuvuga ko u Burundi bucumbikiye ku butaka bwabwo FDLR ni ukubeshya, ahubwo u Rwanda ni rwo rucumbikiye abacuze umugambi wa coup d'etat yo muri 2015 bayoboye RED-Tabara".</p> <p>Uyu mukuru wa dipolomasi y'u Burundi kandi yashinje u Rwanda gukwirakwiza amagambo y'ibinyoma rugamije kuyobya abantu, mu rwego rwo guhisha ikibazo nyamukuru kiri hagati yarwo n'u Burundi.</p> <p>Minisitiri Albert Shingiro mu ibaruwa ye, yongeye gushimangira ibirego bya Perezida Evariste Ndayishimiye by'uko "u Rwanda rusigasira, rugatoza ndetse rukanaha intwaro umutwe w'iterabwoba wa RED-Tabara udahwema gushyira mu cyunamo biciye mu bitero by'iterabwoba byibasira abaturage b'abasivile, by'umwihariko abana n'abagore".</p> <p>Shingiro kandi yashinje u Rwanda kuba rugira uruhare mu gushakira RED-Tabara abarwanyi mu nkambi y'impunzi ya Mahama.</p> <p>Yunzemo ko "ibirego bihimbano by'uko u Burundi buri mu mugambi wo guhirika ubutegetsi bw'u Rwanda nta shingiro bifite", ahubwo asaba Moussa Faki gukoresha ibiro bye mu gutuma abakekwaho kugira uruhare muri coup yapfubye muri 2015 boherezwa i Burundi kugira ngo bashyikirizwe ubutabera.</p></div> U Rwanda rwaburiye AU ku bufasha iteganya guha ingabo za SADC ziri muri RDC https://www.bwiza.com/?U-Rwanda-rwaburiye-AU-ku-bufasha-iteganya-guha-ingabo-za-SADC-ziri-muri-RDC https://www.bwiza.com/?U-Rwanda-rwaburiye-AU-ku-bufasha-iteganya-guha-ingabo-za-SADC-ziri-muri-RDC 2024-03-04T16:29:16Z text/html en BABOU Bénjamin In Slide <p>Guverinoma y'u Rwanda yaburiye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, nyuma y'uko ugaragaje ko uteganya guha ubufasha ingabo za SADC ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zahabwa ubufasha. <br class='autobr' /> Kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Werurwe 2024 ni bwo habaye inama y'akanama ka AU gashinzwe amahoro n'umutekano yigaga ku kibazo cy'umutekano muke uri mu burasirazuba bwa RDC ndetse n'uko ingabo za SADC ziriyo zashyigikirwa. <br class='autobr' /> Ni inama yabaye hifashishijwe uburyo bw'ikoranabuhanga. <br class='autobr' /> U Rwanda (…)</p> - <a href="https://www.bwiza.com/?-politiki-" rel="directory">politiki</a> / <a href="https://www.bwiza.com/?+-In-Slide-+" rel="tag">In Slide</a> <img src='https://www.bwiza.com/local/cache-vignettes/L150xH103/biruta-18-ec963-2-63799.jpg?1714317453' class='spip_logo spip_logo_right' width='150' height='103' alt="" /> <div class='rss_texte'><p><strong>Guverinoma y'u Rwanda yaburiye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, nyuma y'uko ugaragaje ko uteganya guha ubufasha ingabo za SADC ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zahabwa ubufasha.</strong></p> <p>Kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Werurwe 2024 ni bwo habaye inama y'akanama ka AU gashinzwe amahoro n'umutekano yigaga ku kibazo cy'umutekano muke uri mu burasirazuba bwa RDC ndetse n'uko ingabo za SADC ziriyo zashyigikirwa.</p> <p>Ni inama yabaye hifashishijwe uburyo bw'ikoranabuhanga.</p> <p>U Rwanda ruvuga ko rutigeze rutumirwamo, ari na yo mpamvu rwafashe icyemezo cyo kwandikira Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ruwumenyesha ibyago ubufasha bwawo kuri ziriya ngabo bushobora guteza.</p> <p>Ibihugu byo mu majyepfo ya Afurika birimo Afurika y'Epfo, Malawi na Tanzania byohereje ingabo muri Congo Kinshasa, mu rwego rwo guha ubufasha ingabo z'iki gihugu mu ntambara zihanganyemo n'inyeshyamba zo mu mutwe wa M23. Ni ubutumwa kandi bunarimo ingabo z'u Burundi zagiye muri RDC biciye mu masezerano y'ubufatanye iki gihugu cyasinyanye n'u Burundi.</p> <p>U Rwanda rumaze igihe rugaragaza ko rutishimiye kuba izi ngabo zizwi nka SAMIDRC ziri hakurya, bijyanye no kuba FARDC zagiye guha ubufasha isanzwe ifatanya ku rugamba n'imitwe irimo uwa FDLR urwanya ubutegetsi bw'u Rwanda.</p> <p>Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Dr Vinvent Biruta mu ibaruwa ndende yandikiye Perezida wa Komisiyo y'Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, yasabye uyu muryango "kudaha SAMIDRC uruhushya cyangwa amafaranga", kuko idashobora gusimbura urugendo rwa Politiki (ibiganiro bya Nairobi na Luanda) rwahagaritswe na Guverinoma ya RDC.</p> <p>U Rwanda rwibukije AU ko ikibazo cy'umutekano muke uri mu burasirazuba bwa RDC cyatangiye mu myaka 30 ishize, ubwo Guverinoma yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ingabo zayo ndetse n'Interahamwe bahungiraga muri Zaire.</p> <p>Ruvuga ko Guverinoma ya Zaire aho kubambura intwaro yabafashije kongera kwisuganya, mbere yo gushinga icyiswe FDLR imaze igihe yarabaye ikibazo ku mutekano warwo.</p> <p>Leta y'u Rwanda ishinja uyu mutwe kuba umaze igihe ubiba ingengabitekerezo ya Jenoside muri RDC, ibirenze ibyo ukaba ugira uruhare mu gutoteza amagana y'abanye-Congo bo mu bwoko bw'Abatutsi ku buryo abenshi bahungiye mu Rwanda ndetse no mu bindi bihugu by'akarere.</p> <p>U Rwanda rwibukije AU kandi ko muri 2013 Brigade y'Ingabo zishinzwe gutabara aho rukomeye yari iyobowe na SADC iteganya guha ubufasha yashinzwe igamije kurwanya imitwe irimo FDLR na ADF, gusa ihitamo kurwanya M23 yonyine ku buryo byanatumye gahunda y'ibiganiro bya Nairobi byariho icyo gihe ipfa.</p> <p>Iyi FDLR kandi u Rwanda ruvuga ko isangiye gahunda n'ibihugu birimo RDC n'u Burundi byeruye ko byifuza kurutera hanyuma bigakuraho ubutegetsi bwarwo ku mbaraga.</p> <p>Ku bwa Leta y'u Rwanda, kuba AU yaha ubufasha SAMIRDC nta kindi byamara kitari "ugutiza umurindi amakimbirane yo mu burasirazuba bwa RDC ndetse no gushyigikira uruhande Guverinoma ya RDC ihagazeho, ibyatuma yivana mu nzira y'amahoro yo gukemura amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Congo amaze imyaka irenga 20".</p> <p>U Rwanda rwasabye Moussa Faki ahubwo gukoresha ibiro bye mu gusaba Kinshasa gukomeza gahunda yo gushaka umuti w'ariya makimbirane mu mahoro, by'umwihariko gahunda y'ibiganiro bya Nairobi na Luanda.</p></div>