• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Nyagatare: Babangamiwe no kumara imyaka 10 badahabwa ibyangombwa by’ubutaka
    Ba Ofisiye ba UPDF bafunze bazira kugaragaza ubugwari imbere ya Al Shabaab
    Urwego rwahagaritse indege yari kuzana abimukira rurakemangwa
    Uganda: Undi munyeshuri wa kaminuza yarashwe
    FARDC iryamiye amajanja kubera M23: Icyegera cya Bemba
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
    Ese koko u Rwanda ni gashozantambara mu karere k’ibiyaga bigari?
    Kuki mu ntambara n’inyeshyamba kenshi za Leta zishyira imbere imirwano kurusha ibiganiro?
    Gufatira mu cyuho uwo mwashakanye asambana bikwiye kuba impamvu yo gutandukana?
    Inkota kirimbuzi iri mu mazina ya gikirisitu
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Covid-19: «Nyunganira mwana », inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y’amahugu arwana n’inzego z’ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z’Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
    Covid-19: Abagore barambiwe akabariro, ibintu bafata nk’ihohoterwa
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Imbaraga Magufuli yabonye muri Ndayishimiye zikomeje kugaragara
    Uganda: Bakoze amahugurwa yo gukura Museveni ku butegetsi
    Ingabire Victoire ahanze amaso Perezida Kagame
    Abadepite bo mu Budage bijeje RDC ‘kotsa igitutu perezida Kagame’
    Fortunat Biselele yaba azira gucudika n’abayobozi b’u Rwanda
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Irerero rya PSG mu Rwanda ryegukanye igikombe cy’Isi
    Rayon Sports yatuye Perezida Kagame Igikombe cy’Amahoro yatwaye APR FC
    Carlos utoza Amavubi yanze guhamagara Haruna Niyonzima ngo atamuvangira
    Abakinnyi 10 ba Rayon Sports bemeye kujya gukina na APR FC
    Mourinho yatangaje ahazaza he nyuma yo gutsindwa na Fc Seville
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.

imikino

Amavubi y’abakinnyi 10 akuye inota rimwe kuri Bénin

Yanditswe na NIRERE Jean Claude
Yanditswe kuwa 22/03/2023 20:20

Amavubi y’u Rwanda afashijwe n’umuzamu Ntwari Fiacre by’umwihariko yanganyije na Les Guépards ya Bénin igitego 1-1 mu mukino u Rwanda rwahawe ikarita itukura.

Amavubi yari yakiriwe n’ikipe ya Bénin kuri Sitade de l’Amitié Gén Mathieu i Cotonou mu mukino w’umunsi wa 4 wo gushaka itike y’irushanwa nyafurika rya AFCON 2023 wasifuwe n’Abanya-Botswana bayobowe na Joshua Bondo.

Amavubi yatangiye umukino ari hejuru hamwe n’imipira miremire abakinnyi bahaga Kagere Meddie n’ubwo atabashije kubyaza amahirwe yabonye umusaruro.

Ku munota wa 14, Sahabo Hakim yacometse umupira mwiza hagati y’abakinnyi b’ikipe ya Bénin maze Mugisha Gilbert wihutaga cyane ahita atsindira Amavubi igitego cya mbere.

Ku munota wa 17, ikipe ya Bénin yazamukanye umupira ku ruhande rw’ibumoso yaje guterwa neza na Jodel Dessou ariko umuzamu Ntwari Fiacre ararokora awushyira muri koruneri itagize icyiyivamo.

Nyuma yo kubona igitego ku Mavubi, ntiyongeye gusatira nk’uko yatangiye umukino.

Ku munota wa 29, Mugisha Gilbert yongeye kuzamukana umupira umupira ku ruhande rw’ibumoso maze aha Muhire Kevin ahita yohereza ishoti rikomeye ariko ku bw’amahirwe make ugonga umutambiko.

Ku munota wa 32, Mugisha Gilbert wari umeze neza muri uyu mukino yongeye gusiga ba myugariro ba Bénin ariko ateye mu izamu umuzamu Allagbé awukuraho neza.

Mu minota icumi y’igice cya mbere ndetse n’iminota ine y’inyongera, ibitarangwe bya Bénin nk’uko bayita ’Les Guépards’ byakokeje igitutu ku Amavubi y’u Rwanda cyane cyane binyuze muri Atyegoun Tosin, Jordan Adeoti na rutahizamu Jodel Dossou ariko umuzamu Ntwari Fiacre ababera ibamba hamwe na ba myugariro bayobowe na Manzi Thierry na Mutsinzi.

Igice cya mbere cyarangiye u Rwanda ruyoboye n’igitego 1-0.

Igice cya kabiri cyatangiye umukino ugenda gake ndetse ukinirwa cyane hagati mu kibuga.

Ku munota wa 49, ikipe ya Bénin yongeye kubona uburyo bukomeye imbere y’izamu ry’u Rwanda ariko Fiacre arongera asohoka neza. Ku munota wa 52, Imanishimwe Emmanuel ’Mangwende’ yahaye umwanya Ishimwe Christian nyuma yo kugira ikibazo cy’imvune.

Ku munota wa 58, Ishimwe Christian yateye ishoti rikomeye cyane ariko umuzamu awukuramo maze Muhire Kevin awugarura imbere y’izamu ariko Kagere Meddie atindaho isegonda rimwe ngo yandike igitego cya kabiri.

Ku munota wa 60, u Rwanda rwagize igihembo ubwo Hakim Sahabo yabonaga ikarita ya kabiri y’umuhondo agahita yerekwa ikarita y’umutuku Amavubi asigara ari abakinnyi icumi gusa.

Kubera umutuku wa Sahabo iyo mpamvu umutoza Carlos Alós Ferrer yakoze impinduka zakuyemo Bizimana Djihad, Muhire Kevin na Kagere Meddie basimburwa na Rwatubyaye Abdoul na Niyonzima Ally ku munota wa 68.

Ku munota wa 74, ikipe ya Bénin yongeye guhusha ubundi buryo bukomeye ku mupira wari uvuye muri koruneri, nyuma gato y’uko Mugisha Gilbert asimburwa na Mugisha Bonheur.

Ku munota wa 81, ikipe ya Bénin yabonye igitego cyo kwishyura cyatsinzwe na Steve Michael Mounié wari winjiye mu kibuga asimbura, nyuma yo kumara umwanya muremure yakambitse imbere y’izamu ry’u Rwanda.

Umukino warangiye u Rwanda rubonye inota rimwe, bituma yuzuza amanota 2 n’umwanya wa 3 inyuma ya Senegal ifite 6 na Mozambique ifite ane zitarakina, mu gihe Bénin yo yagumye ku mwanya wa nyuma mu itsinda L n’inota rimwe gusa.

Abari bifashishijwe ku ruhande rw’u Rwanda

Abari babanjemo ku ruhande rwa Bénin

Izindi Nkuru Bijyanye


Irerero rya PSG mu Rwanda ryegukanye igikombe cy'Isi
Irerero rya PSG mu Rwanda ryegukanye igikombe cy’Isi
Rayon Sports yatuye Perezida Kagame Igikombe cy'Amahoro yatwaye APR FC
Rayon Sports yatuye Perezida Kagame Igikombe cy’Amahoro yatwaye APR FC
Abakinnyi 10 ba Rayon Sports bemeye kujya gukina na APR FC
Abakinnyi 10 ba Rayon Sports bemeye kujya gukina na APR FC

Izindi wasoma

Irerero rya PSG mu Rwanda ryegukanye igikombe cy’Isi

Rayon Sports yatuye Perezida Kagame Igikombe cy’Amahoro yatwaye APR FC

Carlos utoza Amavubi yanze guhamagara Haruna Niyonzima ngo atamuvangira

Abakinnyi 10 ba Rayon Sports bemeye kujya gukina na APR FC

Mourinho yatangaje ahazaza he nyuma yo gutsindwa na Fc Seville

NIRERE Jean Claude
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Urubanza rwa Dr Kayumba rwongeye gusubikwa
Urubanza rwa Dr Kayumba rwongeye gusubikwa

Nyagatare: Babangamiwe no kumara imyaka 10 badahabwa ibyangombwa by'ubutaka
Nyagatare: Babangamiwe no kumara imyaka 10 badahabwa ibyangombwa by’ubutaka

Ba Ofisiye ba UPDF bafunze bazira kugaragaza ubugwari imbere ya Al Shabaab
Ba Ofisiye ba UPDF bafunze bazira kugaragaza ubugwari imbere ya Al Shabaab

Kurya amashu, igisubizo ku bakunda kwibasirwa n'impatwe
Kurya amashu, igisubizo ku bakunda kwibasirwa n’impatwe

Irerero rya PSG mu Rwanda ryegukanye igikombe cy'Isi
Irerero rya PSG mu Rwanda ryegukanye igikombe cy’Isi

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Urubanza rwa Dr Kayumba rwongeye gusubikwa
05/06/23 17:05
Urubanza rwa Dr Kayumba rwongeye gusubikwa
Nyagatare: Babangamiwe no kumara imyaka 10 badahabwa ibyangombwa by'ubutaka
05/06/23 16:22
Nyagatare: Babangamiwe no kumara imyaka 10 badahabwa ibyangombwa by’ubutaka
Ba Ofisiye ba UPDF bafunze bazira kugaragaza ubugwari imbere ya Al Shabaab
05/06/23 15:48
Ba Ofisiye ba UPDF bafunze bazira kugaragaza ubugwari imbere ya Al Shabaab
Kurya amashu, igisubizo ku bakunda kwibasirwa n'impatwe
05/06/23 15:38
Kurya amashu, igisubizo ku bakunda kwibasirwa n’impatwe
imikino

Irerero rya PSG mu Rwanda ryegukanye igikombe cy’Isi

Kuri uyu wa 5 Kamena 2023 ni bwo ikipe y’abana batarengeje imyaka 11 n’iy’abatarengeje 13 (...)

Yanditswe na Biregeya Justin
Amakuru

Urwego rwahagaritse indege yari kuzana abimukira rurakemangwa

Urukiko rw’i Burayi rushinzwe kurengera ikiremwamuntu rurakemangwa nyuma yo gufata icyemezo (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Uganda: Undi munyeshuri wa kaminuza yarashwe

Muri Uganda, umukozi ushinzwe umutekano yarashe umunyeshuri wa kaminuza arapfa, nyuma y’uko (...)

Yanditswe na Byungura Cesar
iyobokamana

Dr. Antoine Rutayisire asize inkuru mu Giporoso

Pastor Dr. Antoine Rutayisire yafashwe nk’intwari ubwo abayoboke bo mu itorero Angilikani (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.