• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
    Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
    U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga
    Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama
    Nyarugenge: Uwahoze ari Umuyobozi wa RCA aratangira kuburanishwa kuri uyu wa Gatatu
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Kuvuga icyo umuyobozi wirukanwe yazize cyangwa akacyivugira byagabanya impuha
    Minisitiri w’ingabo wa RDC ashobora kuzira ubutaka afite i Kigali
    Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?
    Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Rwanda: Ubwinshi bw’imanza, gufunga n’ubucucike bikomeje kubera ihurizo ubutabera
    Covid-19: �Nyunganira mwana �, inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y�amahugu arwana n�inzego z�ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z�Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Abashingamategeko bo muri USA barasaba Menendez kwegura bwangu
    Perezida Ndayishimiye yavuze ku mwuka mubi uhwihwiswa mu Burundi
    Kenya: Umunyapolitiki ukomeye yibasiwe nyuma yo gusaba Perezida Kagame ko yarekera kuyobora u Rwanda
    Igisubizo cya P. Kagame ku mpamvu Gen. Muhoozi ari we wenyine washoboye kunga u Rwanda na Uganda
    Zabyaye amahari hagati ya Ukraine n’incuti yayo Pologne
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
    FIFA yahannye Rayon Sports
    Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
    APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC
    FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.
Rayon Sports yatuye Perezida Kagame Igikombe cy'Amahoro yatwaye APR FC

imikino

Rayon Sports yatuye Perezida Kagame Igikombe cy’Amahoro yatwaye APR FC

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Yanditswe kuwa 05/06/2023 07:08

Rayon Sports yatuye Perezida Paul Kagame Igikombe cy’Amahoro cya 2023 iheruka kwegukana, nyuma yo gutsinda APR FC bari bahuriye ku mukino wa nyuma igitego 1-0.

Aya makipe yombi akunzww kurusha ayandi mu Rwanda yahuriye i Huye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, mu mukino wasize Rayon Sports yegukanye Igikombe icyo ari cyo cyose nyuma y’imyaka ine itazi uko bimera.

Igitego rukumbi cyo ku munota wa 39 w’umukino cya Ngendahimana Eric ni cyo cyatandukanyije impande zombi.

Byari ibirori by’akataraboneka ku mbaga y’abakunzi ba Murera bari mu mujyi wa Huye, ariko no mu bindi bice bitandukanye hirya no hino mu gihugu.

Ibirori byo ku wa Gatandatu ushize byakomereje mu mujyi wa Kigali kuri iki Cyumweru, aho Rayon Sports yamurikiye imbaga y’abakunzi bayo Igikombe yatwaye ikipe y’Ingabo z’Igihugu.

Ni ibirori byabereye muri Kigali Pele Stadium i Nyamirambo, nyuma yo kubimburirwa n’akarasisi kahereye i Nyanza ku ivuko rya Rayon Sports.

Kuva mu Rukari, mu Ruhango, i Muhanga, ku Kamonyi, Ruyenzi, Nyabugogo, Kimisagara n’i Nyamirambo, Gikundiro yeretswe urukundo rwinshi n’ibihumbi by’abayihebeye.

Iyi kipe nyuma yo kugera i Nyamirambo, Captain (Rtd) Uwayezu Jean Fidèle uyiyobora, yatangaje ko mu bo Rayon Sports yatuye Igikombe yegukanye harimo Perezida Paul Kagame.

Ati: "Nimunyemerere iki Gikombe cy’Amahoro tugiture Perezida wacu, nyakubahwa Paul Kagame."

Ni amagambo yazamuye ibyishimo byinshi ku Bakunzi ba Rayon Sports bari bateraniye muri Stade y’i Nyamirambo, maze mu majwi aranguruye baraterura bati: "Muzehe wacu, Muzehe wacu, Muzehe wacu, Muzehe wacu...".

Uwayezu yunzemo ko batuye Perezida Kagame kiriya gikombe, kuko "yaharaniye amahoro haba mu gihugu cyacu ndetse no ku Isi hose."

Igikombe cy’Amahoro Rayon Sports iheruka kwegukana cyayihesheje bidasubirwaho itike yo gusohokera u Rwanda mu mwaka utaha w’imikino, ikazaruhagararira mu mikino ya CAF Confederation Cup.

APR FC ku rundi ruhande izaba iruhagararira muri CAF Champions league nyuma yo kwegukana Igikombe cya shampiyona.

Izindi Nkuru Bijyanye


FIFA yahannye Rayon Sports
FIFA yahannye Rayon Sports
Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame
Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame

Izindi wasoma

Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

FIFA yahannye Rayon Sports

Arsenal yahagamiwe na Tottenham mu maso ya P. Kagame

APR FC yatakaje amanota ya mbere kuri Marines FC

FERWAFA yamaganye amagambo umutoza w’Amavubi y’abagore yatangaje ku bakinnyi ba Ghana

BABOU Bénjamin
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu

Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman

Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United

Kazungu Denis yoherejwe mu igororero
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw'abo ruhiga
U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Samia yasabye ko ikibazo cy'ibura ry'amashanyarazi gikemuka burundu
27/09/23 06:00
Samia yasabye ko ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi gikemuka burundu
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
27/09/23 06:00
Kuba umutinganyi gusa ntibihagije ngo uhabwe ubuhungiro - Suella Braverman
Rurageretse hagati ya Sancho n'umutoza Ten Hag wa Manchester United
26/09/23 17:04
Rurageretse hagati ya Sancho n’umutoza Ten Hag wa Manchester United
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero
26/09/23 16:39
Kazungu Denis yoherejwe mu igororero
Amakuru

U Burusiya bwashyize Perezida wa CPI ku rutonde rw’abo ruhiga

U Burusiya bwashyize Piotr Hofmanski ukuriye Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) ku rutonde (...)

Yanditswe na BABOU Bénjamin
Amakuru

Umusirikare mukuru w’u Burusiya ingabo za Ukraine zigambye kwica yagaragaye mu nama

Umuyobozi w’ingabo zirwanira mu mazi z’u Burusiya zikorera ku Nyanja y’Umukara akaba n’umwe mu (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
Amakuru

Nyarugenge: Uwahoze ari Umuyobozi wa RCA aratangira kuburanishwa kuri uyu wa Gatatu

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 27 Nzeri, urukiko rwibanze rwa Nyarugenge ruratangira (...)

Yanditswe na Denis Nsengiyumva
ubutabera

Ngoboka yagaragaje ibyaha byinshi ahamya ko yageretsweho azira itangazamakuru

Umunyamakuru Ngoboka Sylvain wigeze kumara iminsi 45 mu kigo cy’inzererezi cya Tongati mu (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.