• english English
  • english Francais
  • english Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
    Nyagatare: Babangamiwe no kumara imyaka 10 badahabwa ibyangombwa by’ubutaka
    Ba Ofisiye ba UPDF bafunze bazira kugaragaza ubugwari imbere ya Al Shabaab
    Urwego rwahagaritse indege yari kuzana abimukira rurakemangwa
    Uganda: Undi munyeshuri wa kaminuza yarashwe
    FARDC iryamiye amajanja kubera M23: Icyegera cya Bemba
  • Ibitekerezo
    IBITEKEREZO Soma izindi
    Yaba ari amahitamo meza u Rwanda rushakiye urubyiruko imirimo mu mahanga?
    Ese koko u Rwanda ni gashozantambara mu karere k’ibiyaga bigari?
    Kuki mu ntambara n’inyeshyamba kenshi za Leta zishyira imbere imirwano kurusha ibiganiro?
    Gufatira mu cyuho uwo mwashakanye asambana bikwiye kuba impamvu yo gutandukana?
    Inkota kirimbuzi iri mu mazina ya gikirisitu
  • Zicukumbuye
    ZICUKUMBUYE Soma izindi
    Covid-19: «Nyunganira mwana », inzira nshya ishora abana mu muhanda
    Kayonza: Mu ntambara y’amahugu arwana n’inzego z’ibanze, Pascal Mutumwa aratabaza Perezida Kagame
    Ibivugwa: Ingabo z’Abafaransa mu batazibagirwa Inkotanyi ahahoze ari Komini Maraba
    Gen. Godefroid Niyombare ari mu yihe mibare?
    Covid-19: Abagore barambiwe akabariro, ibintu bafata nk’ihohoterwa
  • Politiki
    POLITIKI Soma izindi
    Imbaraga Magufuli yabonye muri Ndayishimiye zikomeje kugaragara
    Uganda: Bakoze amahugurwa yo gukura Museveni ku butegetsi
    Ingabire Victoire ahanze amaso Perezida Kagame
    Abadepite bo mu Budage bijeje RDC ‘kotsa igitutu perezida Kagame’
    Fortunat Biselele yaba azira gucudika n’abayobozi b’u Rwanda
  • Imikino
    POLITIKI Soma izindi
    Irerero rya PSG mu Rwanda ryegukanye igikombe cy’Isi
    Rayon Sports yatuye Perezida Kagame Igikombe cy’Amahoro yatwaye APR FC
    Carlos utoza Amavubi yanze guhamagara Haruna Niyonzima ngo atamuvangira
    Abakinnyi 10 ba Rayon Sports bemeye kujya gukina na APR FC
    Mourinho yatangaje ahazaza he nyuma yo gutsindwa na Fc Seville
Iyandikishe
Bwiza Bwiza
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Search
  • Ibitekerezo
  • ibyegeranyo
  • Zicukumbuye
  • imikino
  • politiki
  • ubuzima
Dukurikire
  • Francais
  • English
  • Kiswahili
Copyright © 2014-2023 BWIZA MEDIA Ltd.

imikino

Min. Munyangaju abona ’abanyamakuru bo mu Rwanda’ bafashije Bénin kurusenya no kurusebya

Yanditswe na TUYIZERE JD
Yanditswe kuwa 22/03/2023 16:17

Minisitiri wa siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, avuga ko abanyamakuru bo mu Rwanda bafashije Bénin gusenya no gusebya igihugu, ubwo yasabaga impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ko ikipe yayo yakwemererwa kutazakinira kuri sitade mpuzamahanga ya Huye.

Inkuru y’uko ikipe y’umupira w’amaguru ya Bénin yanze kuzakinira kuri sitade ya Huye mu mukino yari izakirirwamo n’Amavubi tariki ya 27 Werurwe 2023 yamenyekanye kuri uyu wa 21.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Bénin, mu ibaruwa ryandikiye CAF, ryasobanuye ko umujyi wa Huye udafite hoteli byibuze eshatu zifite inyenyeri enye, ziri ku rwego rwiza ku buryo ikipe y’igihugu cyabo yazicumbikamo.

CAF yaje kwandikira ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, mu masaha y’ijoro, iyimenyesha ko nyuma y’isuzuma ryakozwe, umujyi wa Huye udafite hoteli zuzuje ibisabwa ku buryo zacumbikira ikipe y’abashyitsi, bityo ko iyi sitade itacyakiriye uyu mukino.

Minisitiri Munyangaju waganiraga n’abasenateri ku iterambere rya siporo kuri uyu wa 22 Werurwe, asubiza ikibazo umunyamakuru waraye amubajije amakuru ubwo CAF yatangazaga ko umukino w’Amavubi n’ikipe ya Bénin utazabera kuri sitade ya Huye, yavuze ko abanyamakuru bo mu Rwanda batarurwaniriye.

Minisitiri Munyangaju yagize ati: "Kwihutira kuvuga inkuru ntabwo ari cyo cyihuta cyane, ahubwo kuvuga inkuru nyayo kandi y’ukuri, itanasebya igihugu n’aho uhagaze. Bénin irimo iricara, abanyamakuru baho baravugira Bénin ariko ubu CAF irabona ab’u Rwanda bari ku ruhande rwa Bénin, barasenya u Rwanda, aba Benin barakiza Bénin, ubwo urumva ko byanga bikunda, natwe hari ikintu tuba tubura cy’ishyaka ry’igihugu.”

Uyu muyobozi abona ko mu gihe abo muri Bénin basebyaga kandi bagasenya u Rwanda kubera iki kibazo, abo mu Rwanda na bo bari kuvuga ku kibazo Amavubi yagiriye muri Cotonou, ubwo yirukanwaga kuri sitade yakoreragaho imyitozo, mu gihe isaha igenwa n’amategeko itari yakageze, ndetse abakinnyi bayo bakanamenwaho amazi.

Yagize ati: "Niba uyu munsi abanyamakuru bahaguruka bakavuga ngo u Rwanda nta hoteli rufite, tumaze kwakira FIFA, mbese ni ukuvuga ngo tugiye mu mujyo w’uruhande rwa Bénin. […] Igitangaje, turavuga hoteli ariko sinigeze mbona aho bavuga ko abakinnyi bacu babavanye mu kibuga, kandi amabwiriza avuga ko bagomba kubona isaha yo gukina mbere y’uko umukino uba. Babavanye mu kibuga bakimara iminota 30, babamenaho amazi, video zasohotse, amashusho arahari.”

Minisitiri Munyangaju yavuze ko Abanyarwanda bose bakwiye kwiga guharanira kurwanirira ishema ry’igihugu.

Izindi Nkuru Bijyanye


Rayon Sports yatuye Perezida Kagame Igikombe cy'Amahoro yatwaye APR FC
Rayon Sports yatuye Perezida Kagame Igikombe cy’Amahoro yatwaye APR FC
Irerero rya PSG mu Rwanda ryegukanye igikombe cy'Isi
Irerero rya PSG mu Rwanda ryegukanye igikombe cy’Isi
Abakinnyi 10 ba Rayon Sports bemeye kujya gukina na APR FC
Abakinnyi 10 ba Rayon Sports bemeye kujya gukina na APR FC

Izindi wasoma

Irerero rya PSG mu Rwanda ryegukanye igikombe cy’Isi

Rayon Sports yatuye Perezida Kagame Igikombe cy’Amahoro yatwaye APR FC

Carlos utoza Amavubi yanze guhamagara Haruna Niyonzima ngo atamuvangira

Abakinnyi 10 ba Rayon Sports bemeye kujya gukina na APR FC

Mourinho yatangaje ahazaza he nyuma yo gutsindwa na Fc Seville

TUYIZERE JD
Isangize abandi
Tanga igitekerezo

Tanga igitekerezo

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post
  • *Kwandika mu bika kanda ahanditse Enter. Amategeko n'amabwiriza birakurikizwa

DUKURIKIRE

Wadusanga kuri izi nkoranya mbaga
Facebook Like
Twitter Follow
Youtube Subscribe

Weekly Newsletter

Iyandikishe ujye ubona amakuru yacu kuri Email

I have read and agree to the terms & conditions

Amakuru Agezweho

Urubanza rwa Dr Kayumba rwongeye gusubikwa
Urubanza rwa Dr Kayumba rwongeye gusubikwa

Nyagatare: Babangamiwe no kumara imyaka 10 badahabwa ibyangombwa by'ubutaka
Nyagatare: Babangamiwe no kumara imyaka 10 badahabwa ibyangombwa by’ubutaka

Ba Ofisiye ba UPDF bafunze bazira kugaragaza ubugwari imbere ya Al Shabaab
Ba Ofisiye ba UPDF bafunze bazira kugaragaza ubugwari imbere ya Al Shabaab

Kurya amashu, igisubizo ku bakunda kwibasirwa n'impatwe
Kurya amashu, igisubizo ku bakunda kwibasirwa n’impatwe

Irerero rya PSG mu Rwanda ryegukanye igikombe cy'Isi
Irerero rya PSG mu Rwanda ryegukanye igikombe cy’Isi

- DUTERE INKUNGA -

Mashya

Urubanza rwa Dr Kayumba rwongeye gusubikwa
05/06/23 17:05
Urubanza rwa Dr Kayumba rwongeye gusubikwa
Nyagatare: Babangamiwe no kumara imyaka 10 badahabwa ibyangombwa by'ubutaka
05/06/23 16:22
Nyagatare: Babangamiwe no kumara imyaka 10 badahabwa ibyangombwa by’ubutaka
Ba Ofisiye ba UPDF bafunze bazira kugaragaza ubugwari imbere ya Al Shabaab
05/06/23 15:48
Ba Ofisiye ba UPDF bafunze bazira kugaragaza ubugwari imbere ya Al Shabaab
Kurya amashu, igisubizo ku bakunda kwibasirwa n'impatwe
05/06/23 15:38
Kurya amashu, igisubizo ku bakunda kwibasirwa n’impatwe
imikino

Irerero rya PSG mu Rwanda ryegukanye igikombe cy’Isi

Kuri uyu wa 5 Kamena 2023 ni bwo ikipe y’abana batarengeje imyaka 11 n’iy’abatarengeje 13 (...)

Yanditswe na Biregeya Justin
Amakuru

Urwego rwahagaritse indege yari kuzana abimukira rurakemangwa

Urukiko rw’i Burayi rushinzwe kurengera ikiremwamuntu rurakemangwa nyuma yo gufata icyemezo (...)

Yanditswe na TUYIZERE JD
Amakuru

Uganda: Undi munyeshuri wa kaminuza yarashwe

Muri Uganda, umukozi ushinzwe umutekano yarashe umunyeshuri wa kaminuza arapfa, nyuma y’uko (...)

Yanditswe na Byungura Cesar
iyobokamana

Dr. Antoine Rutayisire asize inkuru mu Giporoso

Pastor Dr. Antoine Rutayisire yafashwe nk’intwari ubwo abayoboke bo mu itorero Angilikani (...)

Yanditswe na Ndacyayisenga Fred

Bwiza Media is a leading online media company based in Rwanda that provides information and analysis on societal achievements and needs.


Service Dutanga

  • Itangazamakuru
  • Kwamamaza -Advert
  • Dufata amashusho -Video
  • Dutunganya Amashusho
  • Dukora websites
  • Amatangazo / Cyamunara

Ibyiciro Bikunzwe

  • politiki
  • imyidagaduro
  • imikino
  • ubuzima
  • utuntu-nutundi

© Bwiza Media. All Rights Reserved.