Imiryango igera ku 5000 y’abaturage b’umurenge wa Nyabitekeri mu karere ka Nyamasheke iravuga ko yugarijwe n’indwara ziterwa n’isuku nke kubera kunywa amazi mabi y’Ikivu.
Bavuga ko usanga bayavoma abandi bayameseyemo, hari abamaze kogerezamo inka n’ingurube n’abana bayakiniramo, bakayanywa bakanayakoresha indi mirimo yo mu ngo kuko nta yandi babona bakoresha.
Umwe muri bo yagize ati "Amazi tunywa ateye inkeke rwose kandi kubera urwunyunyu ruba ruyarimo n’iyo uyoze ntucya neza, n’umwenda ameshe ntucya".
Umuryango World relief, mu gushaka kimwe mu bisubizo, ukaba umaze guha abarenga 100 muri bo Filtres ziyayungurura, bagasaba guhabwa amazi meza bakagira ubuzima bwiza.
Karemera Charlotte,u mukozi wa World relief Rwanda ushinzwe ubukangurambaga mu baturage ku bijyanye no kunywa amazi meza yabwiye Bwiza.com, ko nyuma yo kubona ibibazo by’aba baturage baterwa no kunywa no gukoresha amazi mabi y’ikivu, mu gihe hategerejwe ikindi cyakor
wa babaye bashyikirije abaturage 115, ikigo nderabuzima cya Muyange, n’ibigo by’amashuri 4, Filtres ziyayungurura.
Ati "Nta munyarwanda wakabaye akinywa amazi nk’ariya twabonye muri iki gihe, ni yo mpamvu twahisemo kubaha izi Filtres ziyayungurura ku bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe ku buntu, bikazakomeza igihe akarere kakibashakira amazi meza, tugasaba ko uyibonye afasha n’abaturanyi be bakayikoresha basukura amazi babonye bakareka kuyanywa arimo imyanda ingana kuriya bakabanza kuyasukura.’’
Umukozi w’aka karere ushinzwe isuku n’isukura, Nyirabambanza Clementine, avuga ko iki ari kimwe mu bisubizo mu gihe hagishakishwa uburyo bahabwa amazi meza, kandi ko ubu atari bwo buryo bwonyine bigishwa bwo kuyasukura
cyane cyane ko Filtres 120 mu miryango 5.000 ari nke cyane.
Ati "Twabahaye Filtres 15 uyu munsi zisanga izindi 105 zatanzwe mbere, ariko hari n’ubundi buryo tubigisha bwo kuyasukura nko kuyateka, gukoresha umuti uyasukura, n’ibindi, tukanizera ko n’amazi meza bazayabona bidatinze.’’
Uyu murenge utuwe n’abaturage basanga 34.000 hafi ya bose bakoresha amazi y’ikivu kubera kutagira andi banywa,umuyobozi w’aka karere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu,Ntaganira Josue Michel,akaba yaratangarije Bwiza.com ko higwa uburyo bagezwaho amazi meza mu bihe bya vuba kuko ngo n’abagerageza kuyabona adahagije.
[caption id="attachment_142537" align="alignnone" width="1024"] Abahawe Filtres basabwe gufasha n’abaturanyi babo kubona amazi asukuye[/caption]
Tanga igitekerezo