Raporo y’Ikigo cy’ubuzima RBC, kigaragaza ko buri mwaka abagera kuri 800 mu Rwanda bahitanwa na kanceri y’Inkondo y’umura mu gihe abayirwara bagera ku 1200.
RBC igaragaza ko ubwoko bwa kanseri bugaragara cyane ubwiganza cyane ari ubw’inkondo y’umura, ariko bishoboka ko ikira vuba mu gihe uyirwaye ahise yivuza adatinze.
Ibi byagarutsweho mu gikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro gahunda yo gusuzuma iyi kanseri mu Karere ka Ngoma muri iki cyumweru.
Kanseri y’inkondo y’umura iza ku isonga mu zihitana abagore mu Rwanda igakurikirwa n’iy’ibere, inzobere mu buvuzi zigaragaza ko kwisuzumisha iyi kanseri ari ingezi kuri buri mutegarugori kuko ikunze kugaragaza ibimenyetso mu gihe igeze kure.
Ibi bikaba ariyo mpamvu imbaraga zishyirwa mu gukangurira abantu kwisuzumisha mu rwego rwo kuyirinda no kwivuza hakiri kare ku bagize ibyago byo kuyirwara kuko hari amahirwe y’uko ishobora gukira.
Abarenga 1200 mu Rwanda nibo bayirwara buri mwaka naho abarenga 800 bagahitanwa nayo, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima kandi kigaragaza ko hagati ya 3 na miliyoni 4 z’abagore bashobora kuyirwara, naho kwisuzumisha biracyari hasi kuko biri ku kigero cya 24% mu gihugu hose.
Tanga igitekerezo